Umupfumu wahawe miliyoni 47 Frw asezeranya Mali gutwara AFCON 2025 yatawe muri yombi

20260113 083909

Umupfumu wo muri Mali yatawe muri yombi nyuma yo gushuka abakunzi b’umupira w’amaguru abizeza ko ikipe y’igihugu ya Mali izatwara Igikombe cya Afurika (AFCON 2025) kizabera muri Maroc. Uyu mugabo yakusanyije amafaranga arenga miliyoni 47 Frw avuye ku bafana, abizeza ko Mali izatwara AFCON. Uyu mupfumu uzwi ku izina rya Karamogo Sinayogo, yafatiwe mu murwa […]

Trump agiye guhura na Machado wamutwaye Prix Nobel

nobelduo.webp

Nyuma yo gutsindira Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel, Perezida Trump yashakaga, hanyuma agashyirwa ku ruhande mu bantu basimbura Maduro, ubu Machado yiteguye kubonana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.   Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatumiye uyu muyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela […]

Ababyeyi bagabye igitero ku ishuri maze birukana abarimu ndetse banafunga ikigo

ranganga sec

Ababyeyi n’abaturage bo mu Karere ka Kisii muri Kenya bateye ishuri rya St Thomas Raganga Secondary School nyuma y’uko abanyeshuri baryo bose batsinze nabi mu bizamini bya Leta bya KCSE 2025. Ku wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026, ababyeyi binjiye mu kigo, birukana abarimu barimo n’umuyobozi w’ishuri, banakinga inyubako y’ubuyobozi. Ababyeyi bavuze ko bababajwe […]

Rutshuru: Imidugudu myinshi ya Bukombo yabaye isibaniro hagati ya AFC/M23 na wazalendo

394591699 843949977737866 7893158842070916439 n

  Imirwano ikaze yabaye mu gitondo cyose cyo kuwa Mbere, itariki ya 12 Mutarama, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma ya Bukombo muri Teritwari ya Rutshuru (Kivu y’Amajyaruguru). Nta mibare y’abiciwe muri iyi mirwano yatangajwe. Amakuru aturuka muri ako gace agera […]

Mahama: Impunzi zakanguriwe kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

csm Kirehe2322 bced5e4dfe

Kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Mutarama 2026, mu nkambi y’impunzi ya Mahama, ituwe n’abanyamahanga basaga 72,184 baturuka mu bihugu 14 bitandukanye, iherereye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, hakomereje ubukangurambaga bugamije gukangurira abatuye inkambi gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Muri ubu bukangurambaga, abaturage basobanuriwe igisobanuro cy’ibiyobyabwenge nk’uko biteganywa n’amategeko, […]

Brig. Gen Rusanganwa wa APR FC yemeje ko yahawe izindi nshingano muri RDF

Brig. Gen Deo Rusanganwa yatangaje ko akiri umuyobozi mukuru w’Ikipe ya APR FC, ariko yemeza ko amaze igihe afite inshingano zo kuyobora Diviziyo ya kabiri y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu ntara y’Amajyaruguru. Brig. Gen Rusanganwa yemeje aya makuru, mu kiganiro yagiranye n’umuyoboro wa YouTube wa APR FC, nyuma y’uko ubuyobozi bw’iyi kipe bwari bumaze kwakira […]

Abasirikare barenga 500 ba FDNB bamaze gutoroka nyuma yo kuva muri RDC

20260112 121817

Abasirikare b’u Burundi babarirwa muri 500, bamaze gutoroka Igisirikare cy’iki gihugu nyuma yo kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari baroherejwe kurwanya inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Amakuru y’iri toroka yemejwe n’umwe muri ba Ofisiye ba FDNB, mu kiganiro n’impirimbanyi Pacifique Nininahazwe. Uyu yavuze ko ubwo u Burundi bwacyuraga abasirikare babwo mu […]

Drone za FARDC zongeye kugaba ibitero mu Minembwe

20231111 085425 ad1b8 860x484 1

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Mutarama zagabye ibitero bya drone z’intambara mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’ibi bitero yemejwe n’ihuriro AFC/M23, biciye muri Lawrence Kanyuka urivugira. Kanyuka mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko biriya bitero byagabwe […]

U Rwanda rwatanze Mushikiwabo ngo ayobore OIF muri manda ya 3

1 2548 ff922

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko yamaze gutanga Louise Mushikiwabo, kugira ngo ayobore Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) muri manda ya gatatu. U Rwanda rwemeje aya makuru biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko icyemezo cyo kongera gutanga Mushikiwabo cyafashwe, nyuma […]

Cibitoke: Abasirikare barashe umuturage wari ugiye mu murima we

Deux hommes sur une barque dans la riviere Rusizi non loin de lendroit ou le corps sans vie de Joseph Kariyo a ete retrouve 3800x2138 c

Umuhinzi w’imyaka 53 yarashwe n’abasirikare b’Abarundi ubwo yajyaga mu murima we w’umuceri uri ku ruzi rwa Rusizi, rutandukanya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) n’u Burundi, muri Komini ya Cibitoke, Intara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi.   Aya mahano yabaye ku wa Gatandatu, itariki 10 Mutarama, ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, nyuma […]

Tshisekedi ategerejwe kwa Gnassingbé 

2b1dca89c4b04bc6996a7a6f84541163

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ategerejwe i Lomé muri Togo aho kuri uyu wa Mbere ari bugirire uruzinduko. Ni uruzinduko rukurikira ebyiri Tshisekedi yagiriye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida João Lourenço muri iki gihe uyoboye umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU). Byitezwe […]

Uganda: Inzego z’umutekano ziryamiye amajanja mbere y’amatora

images 16

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki ya 15 Mutarama, akubiyemo amatora ya perezida, abagize inteko ishinga amategeko, n’inzego z’ibanze. Ariko, kuva ku itariki ya 10 Mutarama, Ingabo za Uganda zongerewe mu mijyi minini y’igihugu. Ubu ingabo zirakorana irondo n’abapolisi.   Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo za Uganda abitangaza, ngo kohereza ingabo […]

U Burundi bwohereje ingabo zabwo zatsindiwe muri Uvira kurinda Kalemie

391c269a b94a 49cc 8432 ea1a67f68bd0 1 3800x2138 c

Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi aremeza ko hagati y’itariki ya 29 Ukuboza 2025 n’iya 4 Mutarama 2026 iki gihugu cyohereje bundi bushya abasirikare bacyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko abo basirikare boherejwe gufasha ku rugamba ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zirwana na AFC/M23 no gukaza umutekano mu duce dufatwa […]

Yagiye mu bwiherero bumugwa hejuru ari gukora ibikomeye

1768206274342

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Karere ka Mansa ho muri Zambia yarokowe ari muzima nyuma y’uko ubwiherero bwa gakondo bumuguyeho ubwo yari arimo akora ibikomeye. Ibi byabaye ku wa Gatandatu ahagana saa saba z’amanywa n’iminota 53, mu Mudugudu wa Chitakwa. Uwo mugabo witwa Paul Kunda, bivugwa ko yaguye mu mwobo w’ubwiherero wapimaga metero 1.5 kuri […]

Sonia Rolland asanga RDC yari kuba ikize ku isi iyo yemera gukorana n’u Rwanda

apres y avoir grandi sonia rolland balance sur sa vie en cite quand on est une femme on

Sonia Rolland, umukinnyi wa filime wanabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000, yavuze ko iyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikorana n’u Rwanda kuva mu myaka 30 ishize, uyu munsi iba ari cyo gihugu gikize kurusha ibindi muri Afurika. Yabitangaje mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube ya Les Funérailles des Tabous, aho yasobanuye ko imwe mu mpamvu […]

Gitega: Igaraje ibagirwamo inkoko zipfushije ihangayikishije rubanda

G aX VcXQAA8Uvg

I Kigali haravugwa igaraje iri inyuma y’isoko rizwi nko kwa Kamali mu Murenge wa Gitega, bivugwa ko ribagirwamo inkoko zapfuye kandi rikaberamo n’icuruzwa ry’inyama zishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga. Abaturage n’abacuruzi bakorera mu Kagari ka Akabahizi, mu Murenge wa Gitega, Akarere ka Nyarugenge, bavuga ko bahangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bikomeje kuvugwa muri iri igaraje rizwi […]

RDC: Abantu 8 biciwe mu mirwano ya FARDC n’abaharanira ubwigenge bwa Katanga

c1685200 8081 11ee 8055 0d96a10b316d.jpg

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, abantu umunani bapfuye abandi benshi barakomereka mu mirwano, hagati y’abarwanyi bo mu mutwe wa Bakata Katanga n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) i Bukama, Intara ya Haut-Lomami. Nk’uko umuyobozi w’agateganyo wa teritwari abitangaza, ngo abakomerekejwe n’amasasu basaba kwimurirwa mu bigo nderabuzima bifite ibikoresho bihagije kugira ngo […]

Sudani: Guverinoma yasubiye i Khartoum nyuma y’imyaka ibiri

download 3

Mu gihe muri iyi week end ishize Sudani yarengeje ikigereranyo cy’iminsi 1.000 y’intambara y’abenegihugu, Minisitiri w’intebe yatangaje ku Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, ko guverinoma yasubiye ku mugaragaro mu murwa mukuru Khartoum. Muri Mata 2023, ingabo za leta zari zarirukanwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Rapid Support Forces nk’uko bitangazwa na RFI. Ingabo za leta […]

AFC/M23 yasabye Ndayishimiye gufungura umupaka wo mu Gatumba

FB IMG 1765893512071 1

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryasabye Leta y’u Burundi gufungura umupaka wo mu Gatumba uhuza u Burundi na Congo Kinshasa, kugira ngo impunzi z’abanye-Congo zifuza gutaha zibone uko zisubira iwabo. AFC/M23 yatanze ubwo busabe biciye mu muhuzabikorwa wayo, Corneille Nangaa, nyuma y’uko impunzi z’abanye-Congo zahungiye mu Burundi zibayeho mu […]

U Rwanda rwasinyanye amasezerano mu nzego zitandukanye na Oman

G Yn0sBWUAAWbSi

I Muscat, intumwa z’abayobozi b’u Rwanda zasinyanye amasezerano ane (4) na bagenzi babo bo muri Oman mu rwego rwo kurushaho kunoza ubufatanye bw’u Rwanda na Oman mu bijyanye na: Serivise z’ibikoresho, harimo guteza imbere ibyambu byo ku butaka n’ibikorwa, hamwe na serivisi zijyanye n’ibikoresho no gutanga amasoko; Ubwikorezi, gukora ingendo z’indege hagati ya Muscat na […]

CAF yabujije Stade de Martyrs kwakira imikino mpuzamahanga

le stade de martyrs est

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ryahagaritse, guhera muri Mutarama 2026, kwemerera Stade des Martyrs i Kinshasa kwakira imikino mpuzamahanga. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 9 Mutarama, mu ibaruwa yandikiwe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Congo (FECOFA). Raporo ya tekiniki yohererejwe FECOFA, ivuga ko hagaragaye amakosa menshi mu igenzura riheruka, arimo: – […]

Masisi: FARDC/Wazalendo zabyukiye mu bitero ku birindiro bya AFC/M23

Carte Masisi 1

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama 2026, habaye imirwano, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na FARDC/Wazalendo i Kazinga, mu Murenge wa Osso Banyungue, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.   Nk’uko amakuru aturuka mu bayobozi gakondo abitangaza, inyeshyamba za Wazalendo zikorana bya hafi n’Ingabo za FARDC, zateye ibirindiro by’inyeshyamba guhera saa […]

FARDC iravuga ko yasubije inyuma igitero cya AFC/M23 i Katongo

https archive images.prod .global.a201836.reutersmedia.net 2013 08 30 2013 08 30T201515Z 02 GM1E98U1SYC01 RTRRPP 0 CONGO DEMOCRATIC REBELS

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kiravuga ko cyaburijemo igitero cyagabwe n’inyeshyamba za AFC/M23 mu Mudugudu wa Katongo, Teritwari ya Uvira, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bw’igihugu, nk’uko amakuru agera ku Biro Ntaramakuru by’Abanyekongo (ACP) ava mu gisirikare avuga. “Igitero cyaburijwemo na FARDC mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, itariki ya 10 […]

Umuryango w’Abibumbye uremeza ko Abanyekongo 53 bamaze gupfira mu Burundi

RF1424927

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi ryatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko impunzi zirenga 50 zahunze imirwano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo zimaze gupfira mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi. Iri shami kuwa Gatanu ryavuze ko mu bantu 53 bapfuye banditswe, abagera kuri 25 bapfuye bazize icyorezo cya kolera, mu gihe abandi batandatu bapfuye […]

Zambia: Minisitiri Marizamunda mu bitabiriye inama ya ICGLR ku kibazo cya Congo

G UU5wCWoAANbqL

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Mutarama 2026, Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, yitabiriye Inama idasanzwe y’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) yabereye i Livingstone, muri Zambia. Iyi nama yibanze ku kibazo cy’umutekano n’ubutabazi byiganje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ingaruka zabyo mu karere. Iyi nama y’abaminisitiri yabanjirijwe n’inama ya komite […]

Tessy yarongowe

aba bombi bakoze ibirori biryoheye ijisho c42fc

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy n’umuraperi Hakizimana Ishimwe Agappe (Shizzo) basezeranye imbere y’Imana mu birori byabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo, ku wa Gatandatu tariki 10 Mutarama 2026. Uyu muhango wabaye nyuma yo gusaba no gukwa, ukaba warakurikiwe n’ibirori byo kwiyakira byitabiriwe n’inshuti, imiryango n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro no mu itangazamakuru. Bombi […]

IShowSpeed yashimishije imbaga y’abafana muri Stade Amahoro

whatsapp image 2026 01 10 at 16.16 41 1 8a4fd

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku izina rya IShowSpeed, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ibyishimo byinshi ubwo yasuraga Stade Amahoro, aho yasusurukije abafana mu gihe gito yahagaze aho. Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, ni bwo uyu munyabugeni w’icyamamare yageze muri stade yari irimo kubera umukino wahuje […]

Ku busabe bwa Tshisekedi, M23 yatumiwe kwa Lourenço 

afc m111 27c9f 2

Perezida João Lourenço wa Angola, yatumiye i Luanda umutwe wa AFC/M23, nyuma yo kubisabwa na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Tshisekedi yasabye Lourenço gutumira AFC/M23, muri iki cyumweru ubwo yagiriraga ingendo ebyiri i Luanda zasize abonanye akanaganira na Perezida wa Angola. Amakuru avuga ko Perezida wa RDC yitabaje Lourenço, ngo […]

Ubusabe bwa Papa Léon XIV ku makimbirane yugarije akarere k’Ibiyaga Bigari 

cq5dam.thumbnail.cropped.750.422

Papa Léon XIV, ku wa Gatanu tariki ya 10 Mutarama yatangaje ko afite impungenge zikomeye kubera ibibazo bikomeje kwibasira ibice bitandukanye bya Afurika, agaruka ku ntambara z’urugomo, ihohoterwa rishingiye ku myemerere ndetse no kwimurwa ku gahato kw’abaturage. Umushumba wa Kiliziya Gatolika mu Isi yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bagize urwego rwa dipolomasi bemewe n’Intebe Ntagatifu. […]

APR FC yamuritse bisi y’akataraboneka yaguze (Amafoto)

20260110 115927

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Ukuboza, yamuritse Bisi y’akataraboneka iheruka kugura. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yamuritse iriya modoka ibinyujije mu mafoto yayo yashyize ku rubuga rwayo rwa X. Iyi Bisi nshya izajya itwara ikipe ya APR FC, uhereye kuri uyu wa Gatandatu ubwo iyi kipe iza kuba yesurana na […]

Icyoba mu Barundi baturiye umupaka w’u Rwanda kubera abasirikare benshi ba FDNB bahoherejwe

Des vendeuses ambulantes a la frontiere de Ruhwa entre le Burundi et le Rwanda le 11 janvier 2024. Leur activite est affectee par la fermeture des frontieres ©SOS Medias Burundi 768x432 1

Guhera ku wa 7 Ukuboza, koherezwa ku bwinshi kw’ingabo z’u Burundi n’ibikoresho bya gisirikare biremereye ku mipaka ya Kibira no hafi y’uruzi rwa Ruhwa byateye impungenge zikomeye abaturage bo mu bice byegereye umupaka, bagirwaho ingaruka z’ihohoterwa rishingiye ku ntwaro n’ingamba zibabuza kugenda uko babyifuza. FDNB (Ingabo z’Igihugu z’u Burundi) yongereye umubare w’abasirikare ku mupaka uhana […]

IShowSpeed yageze mu Rwanda

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka IShowSpeed, yaraye ageze mu Rwanda aho yakomereje urugendo amaze iminsi agirira muri Afurika. Amakuru avuga ko uyu musore yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 9 Ukuboza, mbere yo guhita yerekeza mu karere ka Musanze. Byitezwe ko IShowSpeed wageze mu Rwanda […]

Dr. Claude yabitswe ari muzima

dr1 7 d8b84

Dr. Claude yatangaje ko amaze iminsi yakira ubutumwa bwinshi bw’abantu bamubika, avuga ko abo bantu ari abo yise “Contre Succès”, bamwifuriza ikibi. Yabibwiye itangazamakuru ko amakuru yavugaga ko yapfuye atari yo, kandi ko ayo makuru yatangiye gukwirakwira cyane cyane avuye i Burundi. Yagize ati nubwo abantu benshi bamuhamagara bava mu Burayi, muri Amerika n’ahandi, ari […]

Igisubizo cya M23 ku barota ‘guhindura ubusa’ ibyo imaze kubaka

20260110 081400

Umutwe wa AFC/M23 wakuriye inzira ku murima abarota guhindura ubusa ibikorwa umaze gukora mu bice wabohoye, usaba abatekereza ko bazabigeraho kuva mu nzozi barimo. Uyu mutwe watanze ubu butumwa ku wa Gatatu tariki ya 9 Mutarama, biciye muri Perezida wawo akanaba umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro AFC, Bertrand Bisimwa. Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Abifuza […]

Huye: Batatu bakurikiranweho gufata ku ngufu umugore w’imyaka 47

csm UBUSHINJACYAHA HUYE 67668d60e7 3

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye abasore babiri n’umugabo umwe bakekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47.  Icyaha bakurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 26 Ukuboza 2025, ahagana saa tatu z’ijoro mu Mudugudu wa Giseke, Akagari ka Cyamukuza, Umurenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, ubwo bahuriraga n’uyu mugore mu nzira atashye. Ubwo […]

Tanzania: Umunyarwandakazi yapfiriye muri kasho

pepsi sponsored police in arusha tanzania v0 58l5is8k0s6d1 eaad8

Umunyarwandakazi witwa Uwumuhoza Violette, yapfiriye muri kasho yo mu mujyi wa Arusha muri Tanzania yari amaze igihe afungiyemo. Inkuru y’urupfu rwa nyakwigendera wapfuye ku wa Gatatu tariki ya 7 Mutarama, yemejwe na Polisi ya Tanzania mu itangazo iheruka gusohora. Yavuze ko urupfu rwa Uwumuhoza rwabaye nk’amayobera, kuko hataramenyekana icyaruteye. Itangazo ry’iyi Polisi rivuga ko hakomeje […]

Abarimo ba Jenerali 11 bashinjwa gushaka kwivugana Tshisekedi boherejwe i Ndolo

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250106174259003048 ACP

Abasirikare bakomeye bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashinjwa kugerageza guhungabanya inzego z’igihugu, boherejwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo y’i Kinshasa. Mu mezi menshi ashize ni bwo abo basirikare batawe muri yombi bakekwaho umugambi wo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Aba basirikare biteganyijwe ko bazagezwa imbere y’ubutabera mu […]

Abafana ba Manchester United bateguye imyigaragambyo 

15df5be0 fd08 11ef 896e d7e7fb1719a4

Itsinda ry’abafana b’ikipe ya Manchester United rizwi nka The 1958, ryateguye imyigaragambyo igamije kwamagana uko iriya kipe iyobowe. Iyi myigaragambyo iteganyijwe kuba mbere y’umukino wa shampiyona y’Abongereza Manchester United izakiramo Fulham, tariki ya 1 Gashyantare. Mu byo bariya bafana bifuza, harimo ko itsinda rizwi nka Glazer Family rifite iriya kipe na Sir Jim Ratcliffe uyiyoboye […]

Ingabo za Danemark zemerewe kurasa zitabajije Amerika nishaka gufata Greenland

maxresdefault 2

Ibitangazamakuru byo muri Danemark byatangaje ko ingabo z’iki gihugu zigomba kurasa, nubwo zaba zitabiherewe uburenganzira, mu gihe Ingabo za Amerika zaba zigerageje gufata Greenland zikoresheje imbaraga, nk’uko amabwiriza yo mu 1952 Minisiteri y’Ingabo ya Danemark yemeje ko akiriho, abiteganya.   Aya mabwiriza avuga ko abasirikare b’iki gihugu bagomba kurasa badategereje amabwiriza mu gihe hari ugerageje […]

Umuhanzikazi Fille Mutoni arembeye mu bitaro

14469696 b775 46b1 b49b 72d3da6fbcd2

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Fille Mutoni yajyanywe mu bitaro, nyuma yo kongera kwisanga mu kibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge. Aya makuru yamenyekanye nyuma y’uko umukunzi we MC Kats yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza Fille ari mu bitaro. Ku mafoto yashyizwe hanze, Fille agaragara aryamye, asa n’uwasinziriye cyangwa waciwe intege n’imiti ndetse yanahawe uburyo bwo kumufasha guhumeka. MC […]

Diez Dola ntakiri umuhanzi ukizamuka

1767944046697

Umuraperi w’Umunyarwanda Diez Dola yatangaje ko umwaka wa 2026 uzaba intambwe nshya mu rugendo rwe rwa muzika, aho avuye ku kugerageza byinshi atarangije agana ku gushyira mu bikorwa bihamye, gutegura neza no gukora mu murongo uhoraho. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Diez Dola yavuze ko mu myaka ibiri ishize yamaze igihe kinini yiga, agerageza amajwi atandukanye […]

Simi yibarutse impanga

ade simi 1

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Adekunle Kosoko, uzwi nka Adekunle Gold, yatangaje ko we n’umugore we Simi bibarutse impanga. Iyi nkuru yishimiwe n’abatari bake, yayitangarije ku rubuga rwe rwa Snapchat ku wa kane. Nubwo batatangaje igitsina cy’izo mpanga, abakunzi b’umuziki n’abandi bahanzi bahise bohereza ubutumwa bw’ibyishimo n’ishimwe kuri uyu muryango. Mu kwezi kwa Ukuboza, Simi yari […]

Wizkid agiye kwiyamamariza kuba perezida wa Nigeria

5e09e9d3 574a 4396 b9f2 4ea764e88954

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun, uzwi nka Wizkid, yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hasohotse amashusho avuga ko ashobora kwiyamamariza kuyobora Nigeria. Aya mashusho yasakaye ku wa 8 Mutarama 2026, agaragaza Wizkid ari kumwe n’inshuti n’umuryango, avuga ibijyanye na politiki mu buryo busa n’urwenya ariko bufite amagambo akomeye yatunguye benshi. Mu […]

Gen. Nyakarundi yasuye APR FC yitegura kwesurana na Rayon Sports 

20260109 084202

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, ku wa Kane yasuye APR FC mu myitozo i Shyorongi, mbere y’uko iyi kipe y’ingabo z’igihugu yesurana na Rayon Sports mu mukino wo guhatanira Igikombe kiruta ibindi. APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yemeje ko yasuwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, gusa […]

Perezida Lourenco yasabye impande zirebwa n’ikibazo cya Congo kubahiriza ibyo ziyemeje

Appel de Joao

Ku nshuro ya kabiri mu gihe kitarenze icyumweru, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriwe na mugenzi we wa Angola akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), João Lourenço, wasabye abarebwa n’ikibazo cya Congo kubahiriza ibyo biyemeje. Nk’uko Perezidansi ya Angola yabitangaje, ngo uru ruzinduko rwo kuwa Kane, itariki ya […]

Bruce Melodie yasabye Leta gufata abahanzi nk’ingagi

000a4491 db9c0

Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yavuze ko umuziki ufite ubushobozi bwo kwinjiriza igihugu amafaranga menshi no gukurura ba mukerarugendo, ashimangira ko wahawe agaciro kangana n’aka Leta iha urwego rw’ubukerarugendo. Ibi yabivugiye mu kiganiro IGIHE Sports Club, aho yagaragaje ko n’ubwo hari ibitekerezo byinshi aba yifuza kugeza ku Muyobozi w’Igihugu, akenshi abiburamo kubera […]

USA: Uwahoze ari minisitiri muri Ghana yatawe muri yombi

3272025123605 qulxpcb543 3272025121347 ken ofori atta

Uwahoze ari minisitiri w’imari muri Ghana ubu afungiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma gufatwa n’abashinzwe abinjira n’abasohoka (ICE). Ibi byatangajwe mu ijoro ryo kuwa Gatatu, itariki 7 Mutarama, rishyira kuwa Kane, itariki 8 Mutarama 2026, n’abunganizi ba Kenneth Ofori-Attah. Inkuru dukesha RFI ivuga ko uyu wari umuntu ukomeye mu buyobozi bw’uwahoze ari perezida, […]

FARDC yashyizeho umuvugizi mushya usimbura Gen. Ekenge

20260108 191302

Ubuyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bwashyizeho Colonel Mak Hazukay Mongba nk’umuyobozi wa serivisi z’itumanaho n’amakuru mu ngabo (SCIFA), ndetse n’umuvugizi wacyo w’agateganyo. Uyu Ofisiye yasimbuye kuri ziriya nshingano Général-Major Sylvain Ekenge uheruka guhagarikwa azira amagambo yibasira Abatutsi yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu ya Congo (RTNC). Hazukay yari asanzwe ari umuyobozi wungirije […]

Tshisekedi yasubiye kwa Lourenço nyuma y’iminsi 3 avuyeyo

20260108 162200

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kugirira uruzinduko i Luanda muri Angola nyuma y’iminsi itatu ahavuye. Tshisekedi yaherukaga i Luanda ku wa Mbere tariki ya 5 Ukuboza, aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida wa Angola, João Lourenço. Perezidansi ya Congo Kinshasa mu butumwa yanditse ku rubuga rwayo rwa X, yavuze […]

Umunyamakuru Tessy n’umuhanzi Shizzo basezeranye imbere y’amategeko

1767874521757WhatsAppImage2026 01 08at1.38.32PM

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Hakizimana Ishimwe, uzwi mu muziki nyarwanda nka Shizzo Afropapi, umuhanzi wamamaye mu njyana ya Hip Hop. Iyi mihango yabaye kuri uyu wa Kane mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhango wari witabiriwe n’inshuti n’abagize imiryango y’impande zombi, aho Tessy na Shizzo […]

RDC: Uwahoze ari minisitiri arashinja inzego z’ubutasi gushimuta abana be

yumbi mushobekwa

Kuri uyu wa Kane, Marie-Ange Mushobekwa wahoze ari minisitiri akaba n’umwe mu bagize inteko ishinga amategeko, yashinje umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (ANR) ko yategetse ishimutwa n’iyicarubozo ry’abana be babiri bato, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kinshasa. Nk’uko Mushobekwa abitangaza, ngo ibyo bintu ngo byabereye mu ijoro ryo […]

Nyamata: Sheikh Bahame Hassan yagejejwe imbere y’urukiko

G IL8QYXkAAJSgb

Kuri uyu wa Kane, itariki 8 Gashyantare 2026, Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku itariki 22 Ukuboza 2025 RIB yatangaje ko yafunze Bahame Hassan, akekwaho gukora icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu bwite no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri […]

M23 irimo gushyiraho ubutegetsi bwigenga: Impuguke za Loni

FB IMG 1765893512071

Impuguke za Loni kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziravuga ko umutwe wa M23 urimo gushinga ubutegetsi bwigenga mu burasirazuba bwa Congo, n’ubwo rwose hari ibiganiro n’imihate y’amahoro ya Doha na Washington. Bikubiye muri raporo izo mpuguke ziheruka gusohora zikanayishyikiriza akanama gashinzwe amahoro n’umutekano muri Loni. Iyo raporo ivuga ko ibintu byarushijeho kumera nabi mu […]

RDC: Umunyapolitiki Diongo asanga raporo ya Loni igamije gusa gukomeza intambara

bitmap 1200 nocrop 1 1 20231120131440856779 IMG 20231112 WA0008

Perezida w’ishyaka Mouvement Lumumbiste Progressiste (MLP), Frank Diongo, yanenze cyane raporo yashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Abibumbye (UN) ku bijyanye n’umutekano n’ubutabazi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Mu butumwa yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Mutarama, kuri konti ye ya X, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze ko iyi raporo itagamije kwimakaza amahoro, ahubwo […]

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

1620223469752

Imyinshi muri iyi miryango ni ibigo bishamikiye ku Muryango w’Abibumbye byibanda ku mihindagurikire y’ikirere, umurimo, abimukira na politiki y’imibereho. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yavuze ko ibigo bikora kuri gahunda zinyuranyije n’inyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Perezida Donald Trump yategetse Amerika kuva mu mashyirahamwe 66 mpuzamahanga, harimo n’inzego zikomeye z’Umuryango w’Abibumbye, mu rwego […]

Yaguye igihumure nyuma yo kwiha kumara amasaha 80 ahobeye igiti

3bfe37b0 e975 4a36 b5ff 30d1a766b54d

Umugabo wo mu karere ka Murang’a witwa Pasiteri Jimmy (James) Irungu, w’imyaka 30, yaguye igihumure nyuma yo kumara amasaha 79 n’iminota 40 ahobeye igiti, mu gikorwa yari agamije kurenza agahigo ka mbere k’amasaha 72 kari karashyizweho n’umugore witwa Truphena Muthoni. Ibi byabaye ubwo Irungu yari hafi kurangiza iki gikorwa cy’amasaha 80, aho abaturage bari bateraniye […]

Ingabo z’u Rwanda muri Centrafrica zambitswe imidari y’ishimwe ya Loni

G FRekPXMAAzbNm

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 7 Mutarama 2026, Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Bria, muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), bahawe imidari y’ishimwe ya Loni mu rwego rwo kubashimira ubwitange mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu. Iyi midari yahawe abagize Rwanda Battle Group VII (RWABG VII),  Ibitaro by’Ingabo […]

Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico umujura ruharwa

1767855283279

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba yatangaje ko yarashe Dukuzumuremyi Eric, wari wakekwagaho ubujura n’ubwicanyi, nyuma yo kugerageza gutoroka inzego z’umutekano. Byabaye mu gitondo cyo ku wa 7 Mutarama 2026, ubwo Dukuzumuremyi Eric yari ari kumwe n’abapolisi bamujyanye kwerekana aho yari yarahishe bimwe mu bintu yibye mu bihe bitandukanye. Ageze mu nzira, yagerageje kwiruka […]