Impuguke za Loni zirashinja u Rwanda kohereza muri RDC ‘batayo 2’ z’abakomando

2

Umuryango w’Abibumbye biciye mu mpuguke zawo kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wongeye gushyira u Rwanda mu majwi urushinja guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Izo mpuguke muri raporo yazo zasohoye ku wa Gatatu tariki ya 7 Mutarama, zivuga ko amakuru akubiye muri iyo raporo zayahawe n’abantu batandukanye barimo abayobozi ba AFC/M23 barimo […]

RDC: Abunganira General Yav barasanga urukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha

G

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 6 Mutarama 2026, itsinda ry’ubwunganizi bwa Lt. General Yav Irung PhilĂ©mon, wahoze ayobora akarere ka gatatu ka gisirikare k’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryatanze ikirego mu rukiko rukuru rwa gisirikare, ritanga urukurikirane rw’inzitizi kandi rusaba ko yarekurwa. Muri uru rubanza rwibanze ku gusuzuma ingingo z’ibanze nk’uko tubikesha […]

Ingabo za Amerika zafashe ubwato bw’u Burusiya zari zimaze amasaha menshi zihiga

20260107 163101

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Gatatu zemeje ko zamaze gufata ubwato bw’u Burusiya zari zimaze amasaha menshi zihigira mu nyanja ya Atlantique. Ubu bwato buzwi nka Bella 1, bwahoze butwara Peteroli ya Venezuela itaratunganywa. Mu kwezi gushize, ingabo za Amerika zishinzwe kurinda imipaka zagerageje kwinjira muri buriya bwato ubwo bwari […]

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

NDUTA CAMP ZONE

Tanzaniya ikomeje politiki yayo yo gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi mu nkambi za Nduta na Nyarugusu mu rwego rwo kubahatira gusubira iwabo mu Burundi, aho bahunze baturuka kuva mu 2015. Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Mutarama, abapolisi batangiye gusenya inzu zo muri Zoneya  17 y’Inkambi y’Impunzi ya Nduta. Igikorwa cyatangiriye mu midugudu iri mu […]

Abakozi ba FBI bakoraga iki ku mukino wa RDC na Algeria?

Mu gihe irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya 2025 rikomeje kubera muri Maroc, hamenyekanye ko abakozi b’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe iperereza (FBI) bari mu bitabiriye umukino wahuje ikipe y’igihugu ya Algeria n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo). Uyu mukino wabaye ku wa Kabiri kuri Stade Prince Moulay Hassan i Rabat, […]

AFC/M23 yabujije abantu kwigarurira imitungo ya Leta ya RDC

afc m111 27c9f 1

Umutwe wa AFC/M23 washyizeho amabwiriza abuza abantu kwigarurira amasambu n’inzu za Leta mu bice ugenzura; muri Teritwari ya Nyiragongo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse no mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu, yasobanuye ko ariya mabwiriza ashingira ku Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryo ku […]

Na M23 ntiyankanze: Alyn Sano

20260107 111855

Umuhanzikazi Alyn Sano yatangaje ko adaha agaciro impungenge zo gutinya gusohora ibihangano bye bitewe n’amakuru aba yiganjemo mu itangazamakuru, ashimangira ko nta kintu na kimwe cyamubuza gushyira hanze igihangano cye. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Alyn Sano yavuze ko kuba atari umuhanzi wibanda ku ndirimbo zo kumvwa mu kanya gato ari byo bituma adahungabanywa n’uko […]

RDC: Umwe mu begereye Tshisekedi yakangishije kwifatanya n’inyeshyamba

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250107121537054451 Mfumu

Umuntu ukomeye mu ishyaka rya perezida, Mfumu Ntoto, wegereye Perezida FĂ©lix Tshisekedi, yatangaje ku mugaragaro ko ababajwe cyane no kudahabwa agaciro mu ihuriro riri ku butegetsi, Union sacrĂ©e de la Nation, nubwo hashizeamaze imyaka ari indahemuka kandi yariyemeje gushyigikira umukuru w’igihugu, akangisha kwiyunga kuri AFC/M23. Mu itangazo ryasaga nk’umuburo ku wa Mbere, itariki ya 5 […]

Trump yashyizeho ingwate ya miliyoni 30 ku Barundi bifuza kujya muri Amerika

20251206 183041

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ikiguzi kiri hagati ya $5,000 na $,15,000, nk’ingwate ya viza ku baturage b’ibihugu birimo u Burundi bifuza kuzerekezamo. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika mu itangazo yasohoye ku wa Kabiri tariki ya 6 Ukuboza, yavuze ko abaturage b’ibihugu birimo u Burundi bifuza viza by’umwihariko izijyanye n’ibikorwa by’ubucuruzi n’ubukerarugendo bagomba kwishyura […]

Somalia: Urugendo rwa minisitiri wa Israel muri Somaliland rwongereye amazi mu mavuta

c5555cf759b8fae14d11e92c93adbfc084362951

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar yasuye Somaliland mu rugendo rwamaganwe na Somalia, nyuma y’iminsi 10 Israel yemeye ku mugaragaro ko Somaliland ari igihugu cyigenga kandi gifite ubusugire. Israel nicyo gihugu cyonyine cyemeje ku mugaragaro icyifuzo cya Somaliland cyo kwiyomora kuri Somalia, yasobanuye ko icyemezo cya Israel cyo kwemera  Somaliland […]

Urukiko rwasubitse urubanza rwa DJ Toxxyk

1767707466041

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo DJ Toxxyk, wari waje kuburanishwa ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku wa 07 Mutarama 2026, DJ Toxxyk yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akurikiranyweho ibyaha bine birimo gutwara yasinze, kwica bidaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gutwara ikinyabiziga atabifitiye uruhushya. Ahagana saa tatu n’iminota 51, Urukiko rwahamagaye […]

Butembo: Gen. Kakule Kaputu yiciwe mu mirwano n’undi mutwe wa wazalendo

IMG 20251212 WA0059

Uwihaye ipeti rya General witwa Kakule Kaputu, bakunze kwita “Tango Fort” yarasiwe mu mirwano yahuje umutwe w’inyeshyamba za wazalendo ayobora n’inyeshyamba za mugenzi we batavuga rumwe, Fiston Njoli, I Butembo, muri Kivu y’Amajyaruguru. Iyo mirwano yabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru ku gasozi ka Munzambaye, mu gace ka Congo ya Sika, Komini ya Vulamba, mu […]

Burkina Faso: Uwahoze ari perezida arashinjwa kugerageza guhirika Ibrahim Traore

a95c5a8 1651499749217 000 324b6eb

Guverinoma ya Burkina Faso yagize icyo ivuga ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi giheruka, cyaburijwemo ku wa Gatandatu, itariki ya 3 Mutarama. Mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu, Minisitiri w’umutekano yasobanuye ko abakoze iki gikorwa bagambiriye guhitana Capt. Ibrahim TraorĂ© hamwe n’abasirikare benshi n’abasivili. Abantu benshi batawe muri yombi bakekwaho uyu mugambi, leta ikaba ivuga […]

Huye: Umugabo w’imyaka 74 akurikiranweho kugerageza kwica umugore we

csm UBUSHINJACYAHA HUYE 67668d60e7 2

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 74 utuye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Mukomacara, Umurenge wa Mugombwa, mu Karere ka Gisagara ukekwaho kuba ku itariki ya 19/11/2025 saa munani z’ijoro yarashatse kwica umugore we w’imyaka 57 amukubise umuhoro mu musaya.  Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko mu ibazwa rye, ukekwa […]

Abanye-Congo barenga 100 bamaze gupfira mu Burundi mu byumweru 2

Abanye-Congo babarirwa mu 105, mu byumweru bibiri bishize baguye mu nkambi z’impunzi zo mu Burundi, aho bari barahungiye. Amakuru y’impfu z’aba bantu yemejwe n’umuryango witwa Organisation citoyenne pour la paix et la cohabitation communautaire (CPCC), mu mibare washyize hanze ku wa Mbere w’iki cyumweru. Umuyobozi wa Komite Nshingwabikorwa wawo, Ahadi Bya Masu, yavuze ko bariya […]

Abasirikare 40 b’u Burundi bishwe na AFC/M23 mu kwezi kumwe

0ea08d32 e82b 4530 9cc9 df798a8aed6d 3800x2138 c

Amakuru ava imbere mu gisirikare cy’u Burundi, aravuga ko iki gihugu cyatakarije abasirikare babarirwa muri 40 mu mirwano yaberereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu kwezi gushize k’Ukuboza. Ni imirwano ingabo z’u Burundi zafashagamo iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zimaze imyaka ine zirwana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Izi nyeshyamba ziyobowe na […]

RDC: Ntibishimiye ihamagazwa ry’umusirikare wagaragaje ko abayobozi bari inyuma y’umutwe wa Mobondo

20210514124742094554

Abaturage bahuye n’urugomo rw’inyeshyamba za Mobondo bagaragaje umujinya mwinshi nyuma yo guhamagaza i Kinshasa, Capt. Anthony Mwalushayi, Umuvugizi w’Akarere ka 11 ka Gisirikare muri FARDC.   Iki cyemezo cyo guhamagazwa kije nyuma gato y’uko uyu muvugizi w’ingabo agaragaje ku mugaragaro ibivugwa ko ari ubufatanyacyaha bw’abanyapolitiki bamwe mu ihungabana ry’umutekano muri Mai-Ndombe, Kwango, na Kwilu.   […]

Huye: Arashinjwa kwica mukuru we amuziza ibiceri 250Frw

csm UBUSHINJACYAHA HUYE 67668d60e7 2

Umugabo w’imyaka 28 utuye mu Mudugudu wa Rusasa, Akagari ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi, mu Karere ka Gisagara ushinjwa kwica mukuru we bapfuye ibiceri 250Frw. Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, buvuga ko ku itariki ya 31 Ukuboza 2025 saa kumi n’imwe z’umugoroba yakubise intebe mu gahanga mukuru we ufite imyaka 40 bikamuviramo gupfa. Mu […]

MININFRA yavuze intandaro y’ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi riri kugaragara

1767701542024

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, MININFRA, yasobanuye ko ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi rimaze iminsi rigaragara mu gihugu rituruka ku miyoboro y’amashanyarazi u Rwanda ruhuriraho n’ibindi bihugu. Byasobanuwe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Ni nyuma y’uko hirya no hino mu gihugu hamaze iminsi hagaragara […]

RDC yasabwe kwihutisha gusenya FDLR

20250720121841000000 264c0 1

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatunzwe agatoki ishinjwa kudindiza amasezerano ya Washington, nyuma yo kunanirwa gusenya umutwe w’abajenosideri wa FDLR. Ni nyuma y’amezi atandatu Kinshasa isinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Raporo y’ikigo cyitwa Baromètre des Accords de Paix en Afrique gishinzwe gukurikirana […]

Niba mutanakunda Tshisekedi mukunde Congo – Muyaya

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, arahamagarira abaturage ba Kongo gushyira ku ruhande ibyo batandukaniyeho muri politiki no kwerekana ko bakunda igihugu cyabo mu gihe cy’ibyo yita “ubushotoranyi bw’u Rwanda ndetse n’abaruhagarariye AFC/M23”. Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, akaba n’umuvugizi wa guverinoma yari yakiriwe mu kiganiro “Tubwire ukuri,” kiyobowe na ÉlysĂ©e Odia, agaragaza ko nubwo ubutegetsi […]

Tiwa Savage yiyamye uwihaye kuvuga ku mwana we

tiwa Jami

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatanze umuburo ukomeye ku mu-influencer wo ku rubuga X (yahoze ari Twitter) witwa Dami Foreign, amusaba guhagarika kwinjiza umwana we Jamil Balogun mu byo amwandikaho ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byabaye nyuma y’uko Dami Foreign ashyizeho ubutumwa abaza impamvu umwana wa Tiwa Savage agaragara asa n’utishimye, ibintu byarakaje […]

Amerika turwaniye na yo ku butaka twayinesha: Museveni

Screenshot 20260106

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yatangaje ko Uganda ifite ubushobozi bwo gutsinda Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe ingabo z’ibihugu byombi zaba zihuriye mu ntambara yo ku butaka gusa. Museveni yabitangaje ku wa 4 Mutarama 2026, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’amasaha make Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigabye […]

Umugabo wari ugiye kurongora yapfuye ku munsi w’ubukwe

118256447

Habaye agahinda gakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko umugabo wari ugiye kurushinga, David McCarty w’imyaka 59, apfanye n’abakobwa batatu mu mpanuka ikomeye ya helicopter yabaye ku munsi nyirizina yari ategerejweho ubukwe bwe. Iyo mpanuka yabereye mu gace ka Telegraph Canyon hafi ya Superior muri Leta ya Arizona, aho McCarty yari atwaye helicopter […]

Cardi B yahagurukiye abari guharabika se

download

Umuraperi w’Umunyamerika Cardi B yatangaje uburakari bukomeye nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru avuga ko se yaba yarigeze gufungwa azira icyaha cyo gufata ku ngufu. Aya makuru yavugaga ko se wa Cardi B yaba yarafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntangiriro z’imyaka ya 1990, agakatirwa igifungo azira kugerageza gusambanya umuntu. Ibi byakwirakwiye […]

Tshisekedi yongeye kujya gutakambira Lourenço 

20260106 100526

Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Mbere yagiriye uruzinduko i Luanda rwasize ahuye akanagirana ibiganiro na Perezida JoĂŁo Lourenço wa Angola. Uru ruzinduko rurakurikira urwo Tshisekedi yari yagiriye i Luanda mu byumweru bitatu bishize. Perezidansi ya RDC yatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba […]

Ku myaka 56, Jennifer Lopez arifuza umugabo umwitaho

1767684458069

Ku myaka 56, icyamamare mu muziki no muri sinema Jennifer Lopez cyatangaje ko niba hari undi mugabo uzinjira mu buzima bwe, azaba agomba kuba umuntu umwubaha, umwakira uko ari kandi umufata neza mu rukundo. Yavuze ko urukundo rwe atari urwo guhabwa ubuntu, ahubwo ruzahabwa uzarushakira akaruharanira. Yagize ati: “Ushaka urukundo rwanjye agomba kurukorera. Agomba kunshyira […]

Niba Tshisekedi adashaka ibiganiro tuzabitegura adahari – Lamuka

3b56bbc2 6376 4a49 9fa3 8600095ea18e

Prince Epenge, Umuvugizi w’ihuriro  Lamuka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC, yagaragaje aho ishyaka rye rya politiki rihagaze nyuma y’ibyo yavuze ko ari “amayeri y’ubutegetsi bwa Tshisekedi” bugamije guhagarika imitunganyirize y’ibiganiro hagati y’abanyagihugu kandi birimo abantu bose kugira ngo bakemure ikibazo cy’umutekano kibangamiye uburasirazuba bwa DRC. Ibi Epenge yabitangaje muri videwo yasangijwe ku mbuga nkoranyambaga kuwa […]

Kenya: Yajyanwe mu rukiko azira amashusho ya Perezida Ruto yakozwe na AI

b4c8a7e9ef180999

Muri Kenya, umunyamuryango wa sosiyete sivile kuwa Mbere, itariki ya 5 Mutarama 2026, yagejejwe mu rukiko kubera gushyira ahagaragara amashusho ya Perezida William Ruto yakozwe hifashishijwe AI. Harrison Mumia, perezida w’umuryango utemera Imana muri Kenya, arashinjwa gutangaza “amakuru y’ibinyoma.” Uyu wari ufunzwe kuva kuwa Gatanu, itariki ya 2 Mutarama, yarekuwe by’agateganyo nyuma yo gutanga ingwate […]

Ibyo Maduro wagejejwe bwa mbere mu rukiko yavuze ku byaha ashinjwa na Amerika

18356075 Maduro img

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere zagejeje imbere y’ubutabera bwazo Nicolas Maduro zahiritse ku butegetsi muri Venezuela n’umugore we, Cilia Flores; bombi bahakana ibyaha zibashinja. Maduro n’umugore we batawe muri yombi n’ingabo za Amerika zabasanze iwabo mu rugo, mbere yo kugezwa mu rukiko rw’i New York ejo ku wa Mbere. Mu rukiko Maduro […]

CAR: Perezida Touadera yatsindiye indi manda

AP23211377746895

Perezida wa Repubulika ya Centrafrica, Faustin Archange Touadera, yatsindiye manda ya gatatu mu matora yo mu kwezi gushize, nk’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo bibigaragaza. Ibyavuye mu matora by’agateganyo byashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bushinzwe amatora mu masaha akuze kuri uyu wa Mbere ushize, byerekana ko Touadera yabonye amajwi 76.15%, mu gihe abitabiriye amatora bagera kuri 52%. Abakandida […]

Djihad n’abandi bagumishijwe gereza

1767624846330

Urukiko rw’Isumbuye rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo gushimangira ifungwa ry’iminsi 30 y’agateganyo kuri Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe François Xavier, Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 5 Mutarama 2026, nyuma yo gusuzuma ubujurire bari batanze basaba gukurirwaho ifungwa ry’agateganyo, ariko urukiko rugaragaza […]

Yago ntakozwa ibyo gusubirana n’umugore we

1767624380922

Umuhanzi w’Umunyarwanda ukorera umuziki muri Uganda, Nyarwaya Innocent uzwi cyane nka Yago Pon Dat, yagaragaje ko adafite umugambi wo kongera gusubirana n’umugore babyaranye. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Yago yavuze ko yahisemo kubaho ari ingaragu kandi ko atifuza kongera kwinjira mu mubano wihariye n’umuntu uwo ari we wese. Yagaragaje ko yahisemo gushyira imbaraga ze zose […]

Perezida Kagame yashimiye Gen. Doumbouya watsinze amatora 

fuaeufexsaa1qrg a0eb1

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa GuinĂ©e-Conakry, Gen. Mamadi Doumbouya, nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Umukuru w’Igihugu yamushimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, anamwizeza ko yiteguye gushimangira umubano ukomeye usanzwe hagati y’u Rwanda na GuinĂ©e. Yagize ati: “Ndashimira umuvandimwe wanjye, Perezida Mamadi Doumbouya ku bw’itorwa rye nka Perezida wa Repubulika […]

New York: Perezida Maduro yoherejwe mu rukiko

skynews nicolas maduro venezuela 7126995

Umuyobozi washimuswe w’igihugu cya Venezuela, Nicolas Maduro n’umugore we kuri uyu wa Mbere baritaba urukiko i New York ku byaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, mu gihe Perezida Donald Trump ashimangira ko Amerika ubu ari yo igenzura Venezuela. Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez, arahamagarira umubano “ushyira mu gaciro kandi w’ubwubahane” na Washington mu gihe cy’inzibacyuho. Trump […]

Rayon Sports yaguze abanyamahanga 3 barimo umunye-Congo

GridArt 20260105 151748153

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Mutarama yerekanye abakinnyi babiri b’abanyamahanga yamaze gusinyisha, ngo bazayifashe mu gice cya kabiri cya shampiyona. Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko yamaze gusinyisha umunya-BĂ©nin Joachim VIGNINOU. Iyi kipe yavuze ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 y’amavuko ari rutahizamu usanzwe akinisha akaguru […]

Uganda: Itangazamakuru ryabujijwe gutangaza live imyigaragambyo mu gihe cy’amatora

S3WMXCIOSNODZGALQ22UUDUYD4

Kuri uyu wa Mbere, Guverinoma ya Uganda yavuze ko bibujijwe gutangaza imbonankubone “imyigaragambyo itemewe” n’ibindi bikorwa by’urugomo mbere y’amatora ateganyijwe mu minsi iri imbere, aho Perezida Yoweri Museveni ashaka kuguma ku butegetsi amazeho imyaka isaga 40. Ubutegetsi bwamaze gufunga abantu babarirwa mu magana bashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi mbere y’amatora yo ku itariki ya 15 Mutarama […]

Manchester United yirukanye RĂşben Amorim

c

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, yirukanye umunya-Portugal RĂşben Amorim wari umutoza wayo mukuru. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo iriya kipe yafashe icyemezo cyo kwirukana uriya mutoza. Amorim yirukanwe mu gihe mu ijoro ryacyeye Manchester United yari yaguye miswi na Leeds United igitego 1-1, ibyatumye umusaruro we ukomeza kuba mubi. […]

AFC/M23 yasabye MONUSCO kureka uburyarya bwayo 

fataki fc 01 august 2025 0

Umutwe wa AFC/M23 wasabye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kureka uburyarya, nyuma yo kwigira nyoni nyinshi ku gitero cya drone ingabo za Leta ya Congo Kinshasa ziheruka kugaba mu mujyi wa Masisi. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo FARDC yagabye icyo gitero ikoresheje drone z’intambara, icyiciramo abaturage […]

Abagaba b’ingabo bo mu karere bagiye guhurira mu nama muri Zambia

High table

Minisiteri y’Ingabo ya Zambia kuwa Gatandatu yatangaje ko iki gihugu kizakira inama y’abaminisitiri y’iminsi itatu izibanda ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga ko iyi nama yasabwe n’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), izaba kuva ku itariki ya 8 kugeza ku ya 10 Mutarama ikabera […]

Rurambikanye hagati y’inyeshyamba za AFc/M23 na FARDC muri Kibati

FARDC B 1

Amakuru aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko imirwano ikaze ihuje kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 5 Mutarama 2026, inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Leta (FARDC) i Kibati, muri Gurupoma ya Luberike iherereye muri Teritwari ya Walikale. Aya makuru yerekana ko Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, […]

Ukuntu Kalimpinya Queen yashutswe akisanga muri Miss Rwanda

E39B460C 9EE8 4DA8 97EB 37E644DC5BC1 1122x729 1

Kalimpinya Queen, wigeze kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda mu 2017 akaza no kuba igisonga cya gatatu, yavuze ko inama yahawe yo kwinjira muri iri rushanwa yamugiriye akamaro, ariko anemeza ko kuri we byari nko gushukwa. Ibi yabivugiye mu materaniro yateguwe na ApĂ´tre Alice Mignonne Kabera uyobora Women Foundation Ministries, yari yiswe “Girls Impact Ministry – […]

Trump yaburiye abayobozi ba Iran nyuma ya Venezuela

skynews iran trump 7124830

Ku Cyumweru, itariki 4 Mutarama 2026, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yateye ubwoba Irani, ayiburira avuga ko ubwo butegetsi “buzakubitwa cyane” na Amerika niba abigaragambya bakomeje gupfa. Trump yabwiye abanyamakuru bari mu kirere mu ndege ya Air Force One, ati: “Turabikurikiranira hafi. Niba batangiye kwica abantu nk’uko babigize mu bihe byashize, […]

Umuhanzi Bill Ruzima wafatanwe urumogi, yakijijwe aba umu-ADEPR

1767598148433

Umuhanzi Bill Ruzima wamenyekanye mu muziki nyarwanda, yamaze guhindura ubuzima bwe nyuma yo kwigobotora ibiyobyabwenge, aho ubu yamaze kwakira agakiza agatangira gusengera mu Itorero rya ADEPR. Bill Ruzima yafashwe n’inzego z’umutekano ku wa 15 Ugushyingo 2025, akekwaho kunywa no gutunda urumogi. Icyo gihe, yemeye ko yari asanzwe akoresha iki kiyobyabwenge kuva mu mwaka wa 2022. […]

Perezida Kagame na Tinubu baganiriye ku bibazo bireba Isi

G91 mQtXQAEeAo6

Perezida Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria, ku Cyumweru yatangaje ko yahuye na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bakaganira ku bibazo bireba Isi. Tinubu yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Kuri iki gicamunsi, nasangiye ifunguro rya saa sita bwite na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu rwego […]

Igitotsi mu mubano wa Qatar n’u Burundi nyuma y’amagambo ya Minisitiri Bizimana

Edouard Bizimana 1

Ishyamba si ryeru mu mubano hagati y’ibihugu bya Qatar n’u Burundi nyuma y’amagambo atari aya kinyamwuga yatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yibasira Qatar bikaba ngombwa ko Perezida Evariste Ndayishimiye yisegura. Byose byatangiye kuri iki Cyumweru, itariki 3 Mutarama 2026, ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, yagiraga atya akajya ku rubuga nkoranyambaga […]

Ibihuha by’itoroka rya Bunyoni ryatumye asubizwa mu Bitaro bya Gitega ikubagahu

G9vmY07WoAA7UdV

Ibyitwa ibihuha bivugwa ko byakwirakwijwe na General Ndayiziga biherutse gutuma Gen. Alain-Guillaume Bunyoni asubizwa mu Bitaro bya Gitega ikubagahu, nubwo bivugwa ko ubuzima bwe bukimeze nabi. Amakuru akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko General Ndayiziga yatanze amakuru y’ibinyoma avuga ko Bunyoni ateganya gutoroka. Aya makuru yabanje kumenyeshwa umuyobozi mukuru w’ubutasi mu ntara ya Gitega, […]

Ingabo za FARDC zafashwe zibishaka zemerewe gusubira i Kinshasa

G01nOsqWQAARtfr

Umugaba Mukuru w’Ingabo ziharanira Impinduramatwara muri Congo (ARC), General Major Sultani Makenga, kuwa Gatanu yasuye ikigo cya gisirikare cya Rumangabo giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Yahuye n’imfungwa z’intambara kimwe n’abasirikare ba FARDC (Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo) n’inyeshyamba za Wazalendo zishyize mu maboko y’Ingabo za ARC/AFC/M23. Mu ruzinduko rwe, Gen. Sultani […]

Koreya ya Ruguru itangiye umwaka ikanga abaturanyi n’ibisasu bya ballistic

2025 12 29t001904z 1033476665 rc2xpianytie rtrmadp 3 northkorea missiles 1

Kuri iki Cyumweru, Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi za ballistique i yerekeza ku nyanja iri ku nkombe z’iburasirazuba, nk’uko Igisirikare cya Koreya y’Epfo kibitangaza. Uku kurasa misile kwa Koreya ya Ruguru ni ukwa mbere mu mezi abiri, kandi ni ukwa mbere kuva umwaka mushya utangiye. Igerageza ry’ibisasu riheruka ryabaye habura amasaha make ngo Perezida […]

Venezuela izayoborwa na Washington kugeza habonetse uzasimbura Maduro

MADURO AND TRUMP

Ejo hazaza ha politiki ya Venezuela ntiharamenyekana nyuma y’igitero cya Amerika ku murwa mukuru, Caracas, no gufata mpiri Perezida Nicolas Maduro mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, itariki 3 Mutarama 2026. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko Venezuela izayoborwa na Washington kugeza igihe hazabera ihererekanya ry’ubutegetsi ritekanye. Urukiko rwo muri […]

MONUSCO yamaganye igitero cy’indege za FARDC cyahitanye abasivili i Masisi

zE3zQBo0

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwamaganye ku wa Gatandatu igitero cy’indege zitagira abapilote z’Ingabo za Congo kuwa Gatanu mu mujyi wa Masisi, cyahitanye nibura abasivili bane. Igitero bivugwa ko cyari kigendereye kwibasira ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 mu gace ka Mont Ngaliema, cyibasiye ingo z’abasivili, cyangiza […]

U Rwanda rwavuze ku bo FARDC yerekanye ibita abasirikare ba RDF

GgYFMpNXQAA6NQa

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyerekanye kibita abasirikare ba RDF cyafashe atari bo, igaragaza ko ibyakozwe ari ikinamico. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo FARDC yeretse itangazamakuru abantu yise abarwanyi b’abanyamahanga bafatiwe mu bikorwa bya FARDC. Mu bo yerekanye ivuga ko barimo abasirikare barindwi b’u Rwanda barimo […]

Umuvandimwe wa Baba Levo yakoze impanuka ikomeye

2128abb94999c68c

Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Shilole uzwi kandi nka Zena Yusufu Mohammed, yajyanywe kwa muganga byihutirwa nyuma yo kugirana impanuka ikomeye y’imodoka mu ijoro ryo ku wa 2 Mutarama 2026. Amakuru y’iyi mpanuka yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, atangajwe na Baba Levo, umudepite uhagarariye Umujyi wa Kigoma ndetse akaba n’umuvandimwe wa […]

Umunyamakuru Taikun Ndahiro yarekuwe

20231104 084220

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umunyamakuru Ndahiro Emmanuel uzwi nka Taikun yamaze gufungurwa nyuma y’uko habayeho ubuhuza hagati ye n’abantu bagizweho ingaruka n’ibyaha yashinjwaga. Taikun, usanzwe ukorera Radio/TV 10, yarekuwe ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yari yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026 akekwaho kugirana amakimbirane n’abashinzwe umutekano mu gitaramo […]

Ingabo za Amerika zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro

2019 06 28t120244z 145914053 rc178e800c80 rtrmadp 3 venezuela military

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo zo mu mutwe udasanzwe z’igihugu cye zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n’umugore we. Trump yemeje ayo makuru mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yavuze ko Maduro yafashwe nyuma y’ibitero ingabo za Amerika zagabye muri Venezuela mu masaha yatambutse. Perezidansi ya […]

Yampano yongeye kuvugwa mu mashusho y’urukozasoni

20260103 100954

Nyuma yo kongera kuvugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho atari meza yagiye hanze, umuhanzi Yampano yongeye kwisanga mu rujijo nyuma y’uko hakwirakwijwe andi mashusho agaragaza ari kumwe n’undi mukobwa mu cyumba cya hoteli bombi bambaye ubusa. Aya mashusho, bivugwa ko yafatiwe muri hoteli, agaragaza Yampano ari kuganira n’umuntu utamenyekanye kuri video […]

FARDC yerekanye ‘abarwanyi b’abanyamahanga’ yafashe

20260103 123906

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyeretse abanyamakuru abo kivuga ko ari abarwanyi b’abanyamahanga ingabo zacyo zafatiye mu bikorwa ziheruka gukora. FARDC ivuga ko ifatwa ry’abo barwanyi ari “igihamya simusiga ku ruhare rutaziguye rw’ingabo z’amahanga iruhande rw’imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikorera ku butaka bwa Congo.” FARDC ntiyigeze itangaza ibihugu abo barwanyi bakomokamo. Icyakora […]

Amerika yagabye ibitero kuri Venezuela 

c813d610 e87b 11f0 bc7f 29a9366d9201

Mu masaha ya kare yo ku ya 3 Mutarama 2026, humvikanye iturika n’indege ziguruka hafi y’ubutaka mu bice bitandukanye bya Venezuela, harimo n’umurwa mukuru Caracas. Abayobozi b’iki gihugu batangaje ko habaye iturika hafi y’ibikorwaremezo bya gisirikare n’ibindi by’ingenzi, bitera ubwoba n’impungenge mu baturage. Nk’uko abanyamakuru ba CBS News n’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]

U Burundi buhanze amaso avoka nk’umuti w’ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli cyabuzonze

20260103 81843

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riyoboye iki gihugu, bwatangaje ko bwiteze ko ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kibwugarije kizaba cyamaze gukemuka mu myaka iri hagati y’itatu n’ine iri imbere, biciye mu kugurisha umusaruro wa avoka bwahinze. Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, RĂ©verien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiraniye n’abanyamakuru ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. […]

U Burundi buravuga ko buzafungurira umupaka wa Gatumba hamwe n’iy’u Rwanda

20260102 173849

Leta y’u Burundi yatangaje ko idateze gufungura vuba umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kwezi gushize ni bwo u Burundi bwafunze uyu mupaka, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Icyakora nyuma y’icyumweru uriya mutwe […]