Ejo hazaza ha politiki ya Venezuela ntiharamenyekana nyuma y’igitero cya Amerika ku murwa mukuru, Caracas, no gufata mpiri Perezida Nicolas Maduro mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, itariki 3 Mutarama 2026.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko Venezuela izayoborwa na Washington kugeza igihe hazabera ihererekanya ry’ubutegetsi ritekanye.
Urukiko rwo muri Venezuela rwari rwategetse Visi Perezida, Delcy Rodriguez, gufata umwanya wa perezida w’agateganyo.
Rodriguez ariko yashimangiye ko Maduro ari we ukomeza kuba ‘perezida wenyine’.
Kuri uyu wa Mbere, Maduro ashobora kwitaba urukiko bwa mbere i Manhattan kubera ibyaha bitandukanye ashinjwa birimo ibiyobyabwenge.
Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano karateganya guhura kuri uyu wa Mbere, itariki 5 Mutarama, kugira ngo baganire kuri iki kibazo.
Hagati aho, hirya no hino ku Isi bakomeje kwamagana imyitwarire n’ibikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


