U Burundi buravuga ko buzafungurira umupaka wa Gatumba hamwe n’iy’u Rwanda

20260102 173849

Leta y’u Burundi yatangaje ko idateze gufungura vuba umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kwezi gushize ni bwo u Burundi bwafunze uyu mupaka, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Icyakora nyuma y’icyumweru uriya mutwe […]

Gabriel Jesus ashobora guhanwa kubera ubutumwa ‘Ndi uwa Yesu’

575c54279a650eee

Rutahizamu wa Arsenal, Gabriel Jesus, ashobora guhura n’ibihano biturutse ku Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) nyuma y’uko yishimiye igitego yatsinze Aston Villa akerekana ubutumwa bwanditseho “I belong to Jesus” (Ndi uwa Yesu). Uyu mukino wabaye tariki ya 30 Ukuboza, aho Arsenal yatsinze Aston Villa ibitego 4-1. Gabriel Jesus yari amaze igihe adakina kubera imvune […]

The Ben yigaramye ibyo kuririmba Playback

1767313263112

Igitaramo The Nu-Year Groove cyabaye ku nshuro ya kabiri muri BK Arena cyongeye kugaragaza ko The Ben ari umwe mu bahanzi nyarwanda bageze ku rwego rwo gutegura no gutanga ibitaramo byujuje ubunyamwuga. Nubwo igitaramo cyanyuze benshi, hari abafana bagaragaje kutanyurwa, cyane cyane bagendeye ku buryo The Ben yitwaye ku rubyiniro ugereranyije na Bruce Melodie. Nyuma […]

Kwizera Olivier yasubiye muri Rayon Sports

1767364090959IMG 0857

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama, yatangaje umunyezamu Kwizera Oliver nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ifite abafana benshi mu Rwanda yemeje Kwizera nk’umukinnyi wayo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Biteganijwe ko uyu munyezamu ufatwa nk’umwe mu beza u Rwanda rwagize mu myaka irenga 10 ishize agomba […]

Drones za FARDC zarashe mu mujyi wa Masisi zica abantu 

DRONE FARDC jpg

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026 zagabye ibitero bya drone mu mujyi wa Masisi, byicirwamo abaturage. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo ibyo bitero byagabwe hakoreshejwe drone z’intambara. Umujyi wa Masisi biriya bitero byagabwemo umaze umwaka urenga ugenzurwa n’inyeshyamba […]

AFC/M23 yasubije Kinshasa yashinje RDF kwicira muri Kivu y’Amajyepfo abarenga 1,500

afc m111 27c9f

Umutwe wa AFC/M23 wateye utwatsi ibirego bya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje Ingabo z’u Rwanda gufata mu buryo butemewe uduce two mu burasirazuba bw’icyo gihugu, uvuga ko ibivugwa na Kinshasa ari icengezamatwara rigamije kuyobya abantu. Ku wa Gatatu tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo RDC biciye muri Minisitiri wayo w’Itumanaho akanaba […]

Lubero: Liyetona koloneli na majoro mu basirikare 8 ba FARDC bashinjwa ubwicanyi

lubero centre un lieutenant colonel et un major fardc parmi les poursuivis pour meurtre pht ks 02 janv 2026 png 711 473 1

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 31 Ukuboza 2025, abasirikare umunani mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo umuliyetona koloneli na majoro, bitabye Urukiko rwa Gisirikare rwa Kivu y’Amajyaruguru, muri Lubero-centre bakurikiranweho ubwicanyi. Uru rubanza rufatwa mu rwego rwo kwigisha, rukomoka ku iyicwa ry’undi musirikare wa FARDC. Uyu avugwaho kunyanyagiza amasasu […]

CNDD-FDD yemeje ko u Burundi butavanye ingabo zabwo muri RDC

20260102 114039

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi muri iki gihugu, bwemeje ko butigeze bucyura ingabo bwohereje kurwana mu ntambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ayo makuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, RĂ©verien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yagize ati: “Dufite amasezerano atwemerera […]

Inama Nkuru y’Ubucamanza yirukanye abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko

G3RuDs4WQAEYSQi

Inama Nkuru y’Ubucamanza yirukanye abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko kubera ibikorwa bijyanye na ruswa. Undi mucamanza yahagaritswe kubera imyitwarire idahwitse y’umwuga, nk’uko bigaragazwa n’imyanzuro yemejwe mu nama njyanama yabaye ku wa Gatatu, itariki 31 Ukuboza, iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa. Iyi nama yirukanye Dalaus Kamanzi, umucamanza mu Rukiko Rukuru, Zozime Hategekimana, Umucamanza mu Rukiko […]

U Busuwisi: Inkongi y’umuriro yahitanye nibura 40 mu kabari ku Bunani

Swiss ski banner

Nibura abantu 40 barapfuye abandi bagera kuri 115 barakomereka, mu gihugu cy’u Busuwisi, ubwo ikongi y’umuriro yibasiraga akabari kari Crans-Montana karimo abantu benshi mu birori byo kwizihiza umwaka mushya. Iyi nkongi y’umuriro yibasiye akabari kaba karimo abantu benshi muri Crans-Montana ahantu hakinirwa umukino wa ski mu rukerera rwo ku wa Kane ubwo abantu bizihizaga umwaka […]

Amsterdam: Iyahoze ari kiliziya yahindutse ahabera ibirori yahiye irakongoka

image 1767252468032

Kiliziya ya Vondel i Amsterdam, yari yarahinduwe ahantu habera ibitaramo, hafi y’imwe muri parike zizwi cyane muri uyu mujyi, yasenyutse igice kinini kubera inkongi y’umuriro yarwibasiye mu gihe ibirori byo kwizihiza umwaka mushya byari birimbanyije, nk’uko ibitangazamakuru byaho byatangaje ku wa Kane. Umunara w’urusengero rwahoze ari urwa Kiliziya Gatolika ufite uburebure bwa metero 164 (metero […]

Kinshasa imaze kwanga kwitabira inama 2 ku ihagarikwa ry’imirwano – Corneille Nangaa

Capture decran 2025 06 30 115412

Ihuriro rya politiki na gisirikare, Alliance Fleuve Congo / M23 rirashinja Guverinoma ya Kinshasa gushyira imbere ibikorwa bya gisirikare nk’igisubizo ku kibazo cy’umutekano gikomeje kuba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Umuhuzabikorwa wa politiki, Corneille Nangaa, avuga ko iki kibazo ari uko abona ko abayobozi ba Kinshasa badashaka kubahiriza ibyo biyemeje mu rwego […]

Umunyamakuru Taikun Ndahiro arafunzwe

20231104 084220

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyamakuru wa RadioTV10, Ndahiro Emmanuel uzwi ku izina rya Taikun, akekwaho gukorera ibyaha bitandukanye. Ndahiro yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026, nyuma y’uko bivugwa ko yasagariye abashinzwe umutekano mu gitaramo cyari cyateguwe n’Umujyi wa Kigali, cyabereye mu mbuga ya Kigali Convention Centre. Umuvugizi wa […]

Leta ya Gabon yahagaritse ikipe y’Igihugu, Aubameyang ayirukanwamo

Gabon national team e1762487921274

Guverinoma ya Gabon yahagaritse mu gihe kitazwi ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru y’iki gihugu, rutahizamu Pierre Aubameyang ayirukanwamo burundu. Ni icyemezo Leta yafashe yuma y’umusaruro mubi wagaragaye ku kipe y’Igihugu ya Gabon mu irushanwa ry’Igikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc. Ku wa Gatatu, tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo hasojwe imikino y’amatsinda mu Gikombe […]

Anthony Joshua yasezerewe mu bitaro 

9e5ddf89a0fb4c148b2aa1286b72841c md

Umukinnyi w’ikirangirire mu mukino w’iteramakofe, Anthony Joshua yasohotse mu bitaro byo muri Nigeria nyuma yo kugira impanuka y’imodoka yahitanye abatoza be babiri. Nk’uko byatangajwe n’inzego za Nigeria, Joshua yasohotse mu bitaro ku mugoroba wo ku wa Gatatu aho azakomeza kwitabwaho ari mu rugo. Abatoza be, Sina Ghami (ushinzwe imbaraga n’imyitozo ngororamubiri) na Latif Ayodele (umutoza […]

Umugabo wa Zari Hassan ari gushakishwa na Polisi

b14a604ef038e7b6

Polisi ya Uganda yahamagaje Shakib Cham Lutaaya, umugabo wa Zari Hassan uzwi cyane mu by’imyidagaduro n’ubucuruzi, ngo afashe mu iperereza ku byaha byo gukubita abantu no kwiba bivugwa ko byabereye muri bar yo muri Kampala. Nk’uko byatangajwe na Luke Owoyesigyire, umuvugizi wungirije wa Polisi ya Kampala Metropolitan, ku wa 27 Ukuboza 2025, Shakib n’itsinda ry’abantu […]

Umuhanzi Ebo Noah arafunzwe

1767221715605

Polisi ya Ghana yemeje ko yafashe Evans Eshun, uzwi cyane ku izina rya Ebo Noah, wamenyekanye cyane nyuma yo kubaka inkuge nyinshi avuga ko yazubatse ku mabwiriza y’Imana, ahamya ko isi izarengerwa n’amazi ku munsi wa Noheli. Mu itangazo Polisi yashyize ku rubuga rwayo rwa interineti ku wa Gatatu tariki 31/12/2025, yavuze ko Eshun yafashwe […]

The Ben na Bruce Melodie binjiye mu 2026 basenga Imana

1767252403130theben45

Abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda, The Ben na Bruce Melodie, bahisemo gutangirira umwaka wa 2026 mu nzu y’Imana, mbere yo guhurira mu gitaramo gikomeye cyiswe “The Nu-Year Groove”, giteganyijwe ku wa Kane tariki ya 1 Mutarama 2026 muri BK Arena. Bruce Melodie yinjiye mu mwaka mushya ari mu rusengero Hope For Jesus, aho yifatanyije n’abandi […]

Perezida Kagame yashimangiye ko adateze kwihanganira icyahungabanya umutekano w’u Rwanda

52193248926 75c83b6134 k

Perezida Paul Kagame yijeje ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington rwasinyanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ateguza ko rutazihanganira na rimwe icyo ari cyo cyose cyashaka kuruhungabanyiriza umutekano. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku Banyarwanda. Ku wa 4 Ukuboza ni bwo Perezida Kagame […]

Ndayishimiye yasubiriye u Rwanda 

ndayshimm 2

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwibasira u Rwanda mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku baturage b’igihugu cye. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi muri iryo jambo yavuze ko ashimishijwe n’uko igihugu cye kibanye neza n’ibihugu byo mu karere baturanye, usibye u Rwanda yeruye ko bafitanye inzika. Ati: “Ku bireba igihugu cy’u Rwanda, ntitunejejwe […]

Ikosa AFC/M23 yeruriye Amerika ko itakongera gukora 

bisimwa11 2

Umutwe wa AFC/M23 uravuga ko mbere y’uko uvana ingabo zawo mu mujyi wa Uvira, weruriye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko udashobora kongera gukora ikosa ryo kwemerera ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusubira mu gace wavuyemo. Ku wa 17 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yavanye ingabo zawo mu mujyi […]

Killaman ntazakumbura 2025

Killaman 66b9235c43

Umukinnyi wa filime nyarwanda, Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman, yatangaje ko umwaka wa 2025 wamubereye mubi cyane ku buryo atazawukumbura na gato. Killaman yabwiye ISIMBI ko nubwo umwaka wa 2024 wamugiriye akamaro kanini, uwa 2025 wo wamubabaje cyane. Ati: “Apuuu! Uyu mwaka nugire urangire. Sinzawukumbura na busa.” Yakomeje avuga ko mu mwaka wa 2025 atigeze […]

FARDC yasahuye Umujyi wa Makobola mbere yo kuwuhunga

makobola

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abarwanyi ba Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi basahuye umujyi wa Makobola wo muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere yo kuwuhunga. Mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira ku wa 30 Ukuboza ni bwo izo ngabo zakoze ubwo busahuzi. Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta […]

Congo-Brazza: Sassou Nguesso agiye guhatanira indi manda nyuma y’imyaka 41 ari perezida

hq720 2

Muri Congo-Brazzaville, abantu 3.000 bitabiriye kongere ya gatandatu y’Ishyaka ry’Abakozi muri Congo (PCT) riri ku butegetsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, bemeje Perezida Denis Sassou Nguesso, w’imyaka 82, n’imyaka irenga 40 amaze ku butegetsi, nk’umukandida wabo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe muri Werurwe 2026. Denis Sassou Nguesso yahiswemo, bidatunguranye, […]

RMC yashinje MIGEPROF gutererana umuryango nyarwanda 

IMG 20251231

Ku wa Kabiri tariki ya 30 Ukuboza 2025, abagize Inteko Ishinga Amategeko, abayobozi mu nzego za Leta, sosiyete sivile n’urubyiruko bahuriye mu biganiro bigamije kubaka umuryango utekanye utegura abayobozi b’ejo hazaza. Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), Mutesi Scovia, yagaragarije abagize Inteko n’inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ko yatereranye umuryango biciye mu bakoresha […]

U Burundi bwarashe ibisasu 150 muri Kamanyola: Iperereza

1767173281216

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kamanyola uherereye muri Teritwari ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, burashinja Ingabo z’u Burundi kurasa muri uriya mujyi ibisasu bibarirwa mu 150 byahitanye ubuzima bw’abaturage b’abasivile, abandi benshi barakomereka. Kamanyola hari mu hantu habereye imirwano ikomeye yahanganishije ingabo za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zashakaga gufata […]

Mu Budage habaye ubujura bushobora kuba ari bwo bwa mbere bukaze mu mateka

410808784 1767013906 v16 9 1200

Abajura bibye imitungo ibarirwa muri miliyoni mirongo z’amayero yari mu dusanduku tubitse mu mutamenwa wa banki yo mu Budage bacukuye ku wa Mbere mu gihe cy’ikiruhuko nk’uko byatangajwe na polisi. Polisi na banki bavuze ko abakiriya ba banki bagera ku 2700 bagizweho ingaruka n’ubujura bwakozwe mu ishami rya Sparkasse bank riherereye mu Mujyi wa Gelsenkirchen. […]

EU na yo yamaganye amagambo ya Gen. Ekenge

ekengee1 98245 1ccc7

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ku wa Kabiri wamaganye amagambo yibasira Abatutsi aheruka kuvugwa n’umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), usaba Leta ya RDC gukomeza guhangana n’imvugo z’urwango. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Ekenge yavuze amagambo yafashwe nk’ay’urwango ku Batutsi, ubwo yari mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo ya RDC (RTNC). […]

Rutangarwamaboko yijunditse Umugore wa The Ben washyize umukondo hanze

InShot 20251231 093355542

Ifoto yafatiwe mu gitaramo “Spiny and Friends” cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, muri Zaria Court i Kigali, yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. Iyo foto igaragaza Uwicyeza Pamella, umugore w’umuhanzi The Ben, yitabiriye icyo gitaramo yambaye imyambaro yagaragaje igice cy’umubiri we, by’umwihariko umukondo. Nyuma yo gusakazwa kw’iyo foto, abantu batandukanye bagaragaje ibitekerezo […]

USA: Umwuzukuru wa JF Kennedy yapfuye akiri muto azize uburwayi

251230 tatiana schlossberg 2 es

Tatiana Schlossberg, umwuzukuru w’uwahoze ari Perezida wa Amerika, John F Kennedy, yapfuye afite imyaka 35 y’amavuko azize uburwayi. Umuryango we watangaje ko yapfuye ubinyujije mu butumwa ku rubuga nkoranyambaga bwatanzwe na John F Kennedy Library Foundation, yanditse ngo: “Tatiana mwiza wacu yitabye Imana muri iki gitondo. Azahora mu mitima yacu.” Mu Gushyingo, nibwo Schlossberg, umunyamakuru […]

Guinea: Doumbouya yatsinze amatora ya perezida

images 11

Mamadi Doumbouya wari uyoboye  Guinea mu nzibacyuho nyuma yo guhirika ubutegetsi, yatsinze amatora ya perezida ku majwi 86% nk’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo byashyizwe ahagaragara na komisiyo y’amatora bivuga. Bisobanuye ko igihugu kigiye kuyoborwa mu butegetsi bwa gisivile butanzwe mu nzira y’amatora nyuma y’uko mu 2021, Mamadi Doumbouya ahiritse ubutegetsi bwa Perezida Alpha CondĂ© wari […]

I Kigali byakomeye hagati ya Sheila Gashumba na Tyla

InShot 20251231 090443850

Mu gitaramo cyabereye i Kigali mu Rwanda, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kuvugwa amakimbirane yabaye hagati ya DJ Skyla Tyla, ukomoka mu Bwongereza, na Sheila Gashumba, umunyamakuru n’umunyamideli wo muri Afurika y’Iburasirazuba, nyuma y’ubutumwa bwashyizwe hanze nyuma y’icyo gitaramo. Nyuma yo kuvanga imiziki muri icyo gitaramo, DJ Skyla Tyla yanyujije ubutumwa kuri Snapchat, agaragaza ko atishimiye […]

Kinshasa: Undi muyobozi mu ishyaka PPRD rya Kabila yafunzwe

IMG 0389

Dunia Kilanga Nyembo Christian, umunyamabanga akaba n’umukangurambaga w’ishyaka PPRD, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, ahagana mu saa 00h30 za mu gitondo, uvuye mu munsi wo kuwa Mbere, afashwe n’abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bamusanze iwe mu karere ka Lemba. Nyuma yajyanywe ahantu hatazwi, nk’uko amakuru ava mu muryango […]

M23 yasubije inyuma FARDC, Wazalendo na FDLR bashakaga kwisubiza Lubaya

3400dd3 sirius fs upload 1 o8kf7fxmr62r 1742807395352 000 36zg4wa

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri wasubije inyuma igitero cy’Ingabo za Leta ya RDC n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo bashakaga kwigarurira agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro ka Lubaya. Amasoko ya BWIZA muri Masisi aravuga ko kuri uyu wa Kabiri impande zombi zaramutse zirwanira mu gace ka Gatugunda munsi ya Bukumbiriri, ku muhanda uhuza […]

Prophet Joshua yafunguwe 

hq720 1

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwafashe icyemezo cyo kurekura by’agateganyo Prophet Joshua n’abandi bantu bari bafunganywe na we, bubategeka kujya bitaba Ubushinjacyaha buri cyumweru no kubahiriza andi mabwiriza bahawe. Uku kurekurwa kwabaye kuri uyu wa 30 Ukuboza 2025, nyuma y’iminsi irindwi dosiye yabo imaze ishyikirijwe Ubushinjacyaha. Aba bantu bari baratawe muri yombi ku wa 19 Ukuboza 2025. […]

Khaleda Zia wabaye minisitiri w’intebe wa mbere w’umugore wa Bangladesh yapfuye ku myaka 80

BNP Chairperson Khaleda Zia Passes Away 1767061554

Khaleda Zia, wabaye minisitiri w’intebe wa mbere w’umugore wa Bangladesh akaba n’umwanzi ukomeye w’umuyobozi uherutse guhirikwa, Sheikh Hasina, yapfuye ku myaka 80 azize indwara yari amaranye igihe kirekire. Muri Gashyantare, Zia yari afite intego yo kwiyamamariza manda ya gatatu ya minisitiri w’intebe, ubwo iki gihugu kizaba gitora ku nshuro ya mbere abayobozi bashya kuva haba […]

Perezida Kagame yahumurije imiryango y’abasirikare bapfuye barwanira igihugu

g9yijlzwmaafhwm 4ecfb

Perezida Paul Kagame yahumurije imiryango ifite abayo batakaje ubuzima barwanira igihugu, ayizeza ko igihugu kiri kumwe na yo. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yaraye avugiye mu birori byo gusoza umwaka wa 2025. Perezida Kagame yavuze ko muri uyu mwaka wa 2025 u Rwanda rwageze kuri byinshi ndetse rukaba rwiteze kugera ku bindi nka byo mu […]

RDC: Barasaba ko Gen. Ekenge yahanwa by’intangarugero nyuma yo guhagarikwa

jad20251229 ass rdc rwanda sylvain ekenge sanction

Umuryango w’abaturage urwanya imvugo zibiba urwango (ACLDH) wishimiye ihagarikwa rya General Sylvain Ekenge, wari Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ariko usanga bidahagije. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, Umuvugizi w’umuryango, Gloire Manesa, yamaganye amagambo “avangura” yavuzwe n’umuyobozi mukuru mu gisirikare ku itariki ya 27 Ukuboza […]

Harmonize yambitse impeta Kajala

couple ya harmonize na kajala ikunze kuvugisha benshi muri tanzania 5d2cb

Nyuma y’iminsi mike Harmonize na Frida Kajala batangaje ko bongeye gusubirana, inkuru yabo yongeye gufata indi ntera, nyuma y’uko uyu muhanzi yambitse Kajala impeta y’urukundo mu muhango wabaye mu ijoro ryakeye, amusaba kuzamubera umugore. Ni igikorwa cyakozwe mu buryo bwihariye kandi bwuje amarangamutima, cyongeye gushimangira ko urukundo rw’aba bombi rwinjiye mu kindi cyiciro. Iyi mpeta […]

U Burusiya burashinja Ukraine kugerageza kurasa ku rugo rwa Putin

b7caa1e 5a650f1c3dbb40ceba9ee3d9ff98b8ec 5a650f1c3dbb40ceba9ee3d9ff98b8ec 0

U Burusiya ku wa Mbere bwashinje Ukraine kugerageza kugaba igitero ku rugo rwa Perezida Vladimir Putin, burahirira kugisubiza. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Putin yamubwiye iby’icyo bitero, mu kiganiro cyo kuri telefoni bagiranye mu gitondo cyo ku wa Mbere, ndetse ko byamurakaje cyane. Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Kugaba ibitero […]

Hamas yemeje urupfu rwa Abu Obeida wari umuvugizi w’ishami rya gisirikare

2025 08 31T131335Z 2066790942 RC2OHGAPQH4R RTRMADP 3 ISRAEL PALESTINIANS HAMAS GAZA 1024x683 1

Umutwe wa Hamas w’Abanyapalestine wemeje iyicwa ry’Umuvugizi w’ishami ryawo rya gisirikare uzwi ku izina rya ⁠Abu Obeida, na Mohammed Sinwar wahoze ayobora uyu mutwe muri Gaza, bombi baguye mu ntambara yo muri Gaza mu ntangiriro z’uyu mwaka. Mu itangazo rya videwo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, Brigade ya al-Qassam, ishami rya gisirikare rya Hamas, ryemeje […]

Burundi: Amarondo ya nijoro yagizwe itegeko mu bice byegereye u Rwanda

IMG 20251229 WA0025

Muri Komini ya Kirundo, ihana imbibi n’u Rwanda mu Ntara ya Butanyerera, mu majyaruguru y’u Burundi, ingamba z’umutekano zafashwe zateje impungenge zikomeye mu baturage. Ku dusozi twinshi duteganye n’Ikiyaga cya Cyohoha n’Umugezi w’Akanyaru, amarondo yagizwe itegeko, ibintu ngo bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mibereho ya buri munsi y’abaturage no guteza ibibazo by’uburenganzira bwa muntu. Nk’uko […]

Iyi ntambara turi hafi kuyitsinda: Gen. Makenga

Screenshot 20251230

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ihuriro AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yasabye abayoboke baryo gukomeza kuba mu mwuka w’intambara, abasezeranya ko intambara barwanamo na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari hafi kuyitsinda. Makenga yatanze iryo sezerano ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwahuriraga n’abayoboke bayo mu ngoro ndangamurage ya Himbi iherereye […]

Kikwit: Imirwano hagati ya FARDC na Mobondo yaguyemo abagera kuri 20

WhatsApp Image 2022 08 12 at 10.00.07

Nibura abarwanyi 15 ba Mobondo n’abasirikare batanu bo mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) baguye mu mirwano iherutse kubera i Kikwit, mu Ntara ya Kwilu. Kuwa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza, igisirikare cyeretse abanyamakuru intwaro n’inyandiko by’abarwanyi ba Mobondo byafashwe. Nk’uko FARDC ibitangaza, ibintu byafashwe birimo imbunda 29 za calibre 12, imbunda […]

Muri ingabo n’inzego z’umutekano nahoze nifuza kugira: Perezida Kagame

20251230 070258

Perezida Paul Kagame yashimye Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano ku bw’ubunyamwuga, ikinyabupfura ndetse n’umusanzu wazo mu kurinda umutekano w’igihugu, azigaragaza nk’ingabo yahoze yifuza kugira. Ni mu butumwa busoza umwaka wa 2025 Umukuru w’Igihugu yageneye Ingabo n’izindi nzego z’umutekano, ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza. Perezida Kagame yashimiye ba Ofisiye, abagabo n’abagore ba RDF […]

Umunsi Ndayishimiye yerura ko nta mubano yifuza kugirana n’u Rwanda 

65a59a260cbfa1c774ec6f91 Kagame Ndayishimiye

Mu myaka ibiri ishize Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yagezaga ijambo risoza umwaka wa 2023 ku Burundi, yashinje u Rwanda kugira uruhare mu gitero u Burundi buvuga ko umutwe wa RED-Tabara wagabye mu Gatumba, biba n’intandaro yatumye bufunga imipaka yose yo ku butaka ihuza ibihugu byombi. Gufunga iyi mipaka byakurikiwe n’amagambo asa n’agamije gushotora u Rwanda […]

Kinshasa: Haravugwa itabwa muri yombi rya Col. Makoko wo mu barinda perezida

G9Vh8ZkX0AAVz9X

Kuri uyu wa Mbere, undi musirikare mukuru wa FARDC, Colonel Serge Makoko Bwanamoya, wo muri Batayo y’Ingabo zirinda Perezida, yoherejwe muri Gereza ya Ndolo, kandi dosiye ye yamaze gushyikirizwa umushinjacyaha mukuru.   Amakuru amaze kujya ahagaragara agera kuri Bwiza avuga ko akurikiranweho ibyaha byinshi bikomeye birimo: kugirana ibiganiro kuri telefone n’umwe mu bagize AFC / […]

FARDC yitandukanyije n’ibyatangajwe n’Umuvugizi wa yo

image editor output image1806833594 1757880183150

Ubuyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo buravuga ko bwamaganye imvugo yo kwibasira Abatutsi y’Umuvugizi w’Ingabo, Maj. Gen. Sylvain Ekenge, kuri Televiziyo y’Igihugu (RTNC) kuwa Gatandatu, itariki 27 Ukuboza, kubw’ibyo hakaba hafashwe icyemezo cyo kumukura ku mirimo ye y’Umuvugizi wa FARDC. Itangazo rya FARDC ryashyizweho umukono n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt. Gen. Banza Mwilambwe […]

Turkiya: Abapolisi 3 biciwe mu mirwano na Islamic State abandi barakomereka

turkish police injured

Abapolisi batatu bishwe abandi icyenda bakomeretswa n’amasasu mu gikorwa cyo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Yalova, nyuma y’uko Turkiya itaye muri yombi abantu barenga 100 bakekwaho kuba bateguraga ibitero mu biruhuko. Ubuyobozi bwavuze ko abapolisi batatu ba Turkiya bishwe abandi icyenda barakomereka ubwo barasanaga n’abakekwaho kuba mu mutwe wa Leta ya Kisilamu (IS) mu gikorwa […]

Bunia: Umunyamakuru wa RTNC yishwe n’abantu bataramenyekana

IMG 20250821 WA0017

Umunyamakuru Thierry Banga Lole, ukorera ishami rya Radio na Televiziyo by’Igihugu ( RTNC ) muri Bunia, yapfuye azize ibikomere bikomeye nyuma yo kuraswa n’abantu bitwaje intwaro bamusanze iwe mu rugo mu Mujyi wa Bunia. Nk’uko amakuru atandukanye ava muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, abantu bitwaje imbunda batamenyekanye binjiye iwe nijoro, ahagana mu ma […]

Abantu ba hafi ya Tshisekedi ni bo bari inyuma y’umutwe wa Mobondo: FARDC

anthony mwalu 19 aout adf tues

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyashinje abantu ba hafi ya Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi kuba ari bo bari inyuma y’umutwe witwaje intwaro wa Mobondo. Mobondo ni umutwe byatangiye uteza amakimbirane ashingiye ku butaka muri Teritwari ya Kwamouth mu ntara ya Mai-Ndombe, gusa kuri ubu wamaze guhinduka umutwe w’inyeshyamba ndetse wagura ibikorwa byawo, […]

Senderi arifuza ko Kirehe iba igicumbi cy’umuziki

IMG 20251229 WA0008

Umuhanzi Senderi International Hit yatangaje ko afite icyifuzo cyo kubona Akarere ka Kirehe kaba igicumbi cy’umuziki nyarwanda, nyuma yo gutegura igitaramo yise “Kirehe Twataramye” cyabereye ku ivuko rye, kigahuriza hamwe imbaga y’abaturage ku nshuro ya mbere. Iki gitaramo cyabereye mu Murenge wa Nyarubuye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza 2025, cyitabirwa n’abahanzi bakomeye barimo […]

Imirwano iri kubica hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Katogo kugeza Kambiba

602311587 842326958788881 3902893368463987065 n

Imirwano hagati y’abarwanyi ba AFC-M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zishyigikiwe na Wazalendo, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, yabereye mu midugudu ya Katogo, Kigogo, Kambiba, no mu turere tuyikikije. Iyi mirwano nk’uko amakuru atarasobanuka neza abivuga, iri kubera muri Gurupoma ya Kalungwe, Sheferi ya Bavira, Teritwari ya Uvira, mu […]

Centrafrica: Perezida Touadera aritegura kuyobora manda ya 3 nyuma y’amatora

000 89687ZB

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Ukuboza 2025, muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) habaye amatora atarigeze abaho. Miliyoni hafi 2.4 z’abaturage ba Centrafrica babyukiye gutora Perezida wa Repubulika, abadepite, abajyanama b’amakomine, n’abahagarariye uturere. Amatora yagenze neza nta kibazo gikomeye cyabaye. Ku biro by’itora No 6 ku ishuri rya Lakouanga, mu murwa mukuru wa Repubulika ya […]

U Bushinwa bwagose Taiwan mu myitozo yiswe “Just Mission 2025”

3d178790 0f83 11f0 9d28 c5001aaa1699

Taiwan irashinja u Bushinwa iterabwoba rya gisirikare nyuma y’uko Beijing itangaje imyitozo ikoreshwamo amasasu ya nyayo. Bije nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani avuze ko Tokyo ishobora kugira icyo ikora kugira ngo irengere ikirwa cyigenga. Kuri uyu wa Mbere, u Bushinwa bwatangaje imyitozo ya gisirikare “ikomeye” izenguruka Taiwan mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera n’u […]

U Rwanda rwafashe uruhande mu bibazo bya Somalia na Israel 

GgYFMpNXQAA6NQa 1

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye umugambi umaze iminsi wo kwitandukanya kwa Somalia n’Intara ya Somaliland, ishimangira ko icy’ingenzi ari ugushyira imbaraga mu nzira y’amahoro n’iterambere hubahirijwe amategeko mpuzamahanga. Guverinoma mu itangazo yaraye isohoye, yavuze ko iri ku ruhande rw’ibyatangajwe n’imiryango irimo uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika Yunze Ubumwe ku birebana n’ikibazo cya Somalia. […]

Tshisekedi yahagaritse Gen. Ekenge nyuma yo kuvuga amagambo yuzuye urwango ku Batutsi 

ekengee1 98245 1ccc7

Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse GĂ©nĂ©ral-Major Sylvain Ekenge wari umuvugizi w’Ingabo z’icyo gihugu, nyuma yo kuvuga amagambo yibasira Abatutsi. Amakuru y’ihagarikwa rya Ekenge yemejwe n’Ibiro ntaramakuru bya Congo (ACP). ACP isubiramo umusirikare mukuru ayimenyesha ko Ekenge yahagaritswe amenyeshejwe n’Ibiro bikuru bya gisirikare. Uyu mugabo yahagaritswe nyuma y’uko ku wa […]

Amafaranga yatumye Mbonyi atenguha ab’i Rubavu

img 20251228 wa0037 5da9e

Rubavu yari yariteguye kwakira umuhanzi ukunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, mu gitaramo gikomeye cyari giteganyijwe ku wa 1 Mutarama 2026 kuri Sitade Umuganda. Ariko ibyari ibyishimo byahindutse intimba, nyuma y’uko iki gitaramo gisubitswe habura iminsi itatu gusa ngo kibe. Amakuru yemejwe n’abari mu itegurwa ry’iki gitaramo avuga ko icyemezo cyo […]