Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, Kristalina Georgieva aho ari I Paris mu Bufaransa aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku gihugu cya Sudani n’indi iziga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika, aho uyu muyobozi yamwijeje kuzakomeza gushyigikira u bukungu bw’u Rwanda n’abaturage barwo.
Umuyobozi mukuru w’ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, yabonanye na Perezida Paul Kagame ndetse na Perezida wa Ethiopia, Sahle Workzewde, mbere y’Inama mpuzamahanga yiga kuri Sudani n’inama yiga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika.

Nyuma y’ibiganiro bagiranye, madamu Georgieva abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yagize ati “ Wakoze nshuti Paul Kagame kubw’inama yacu uyu munsi nyuma yo kugera I Paris. U Rwanda rwungukiye cyane mu gisubizo cyawe ku gihe gikwiye, iterambere ku mavugurura, no kureba kure ku ntego z’iterambere rirambye. Urashobora kwiringira inkunga yacu ikomeye ku bukungu bwu Rwanda n’abaturage barwo”.
Thank you dear @PaulKagame for our meeting today just after you arrived in Paris.
Rwanda has benefited greatly from your timely response to the crisis, progress on reforms, and farsighted focus on #SDGs. You can count on our strong support for #Rwanda’s economy and its people. pic.twitter.com/7jhfFVvnT5
— Kristalina Georgieva (@KGeorgieva) May 16, 2021
Inama yitabiriwe n’Abakuru n’ibihugu bya Afurika igamije gushyigikira Guverinoma ya Sudani iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Abdalla Hamdok kuva muri 2019, ubwo Perezida Omar Hassan Ahmad al-Bashir yahirikwaga ku butegetsi.
Indi nama iteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Gicurasi 2021, izibanda ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika, hazarebwa uburyo hazibwa icyuho cya Miliyari 300 z’Amadolari ya Amerika cyatewe na Covid-19 kuri uyu mugabane.


