Uwashinze akanayobora itorero House of Prayer Ministries International Church, Pasiteri, Aloysius Bugingo, yahakanye ko atabana n’umugore we wa kabiri, Suzan Makula Nantaba mu buryo bwemewe n’amategeko. Mu minsi ishize hari amakuru ko uyu mugabo yihakanye uyu mugore, avuga ko batarabana byemewe n’amategeko. Umunyamategeko Male Mabirizi yari yareze Bugingo na Nantaba ko barenze ku mategeko agenga ugushyingirwa, uyu mugabo agashaka undi mugore kandi ataratandukana n’uwa mbere, Teddy Naluswa Bugingo, mu buryo bwemewe n’amategeko. Hari amakuru ko Bugingo yerekanwe nk’umukwe mu rugo kwa Nantaba gusa we yari yabanje kubihakana. Mu isengesho rya mbere muri uyu mwaka wa 2022, abo yise ” imbata” yabashinje gukwirakwiza ibihuha ko we yihakanye umugore we Nantaba ko atamuzi nk’uwo babana byemewe n’amategeko.” Yagize ati ” Ubu ushobora kumva imbata zivuga ngo nahakanye ko nashakanye n’umugore wanjye, Suzan Makula! Ndagukunda Makula n’umutima wanjye wose. Ngukundira uko uri. Ibyo bakwita byose bituma ngukunda kurushaho.” Hagati aho, mu gihe Nantaba na Bugingo bagomba kwitaba urukiko Hari amakuru ko no ku ruhande rwa Bugingo bamaze kwitegura bashaka abatangabuhamya babashinjura. Amategeko agenga abashyingiranwe muri Uganda mu ngingo ya 7 na 50 bivuga ko ibyakozwe na Bugingo na Nantaba ari ibyaha. Kuva mu 2019, rurageretse hagati ya Bugingo na Pasiteri Teddy Naluswa Bugingo, babanye imyaka 19, hakwa gatanya. Uyu mugore yanze gatanya, ubuhuza nabwo bwaranze kuri iki kibazo. Bugingo yatangaje ko umugore we yamusuzuguraga nyuma avuga ko atari azi guteka cyane amagi. Ibi byatumye akundana n’umukozi we muri kompanyi Salt Group, Suzana Makula Nantaba. Biteganyijwe ko Bugingo na Nantaba bazitaba urukiko kuwa 21 Mutarama 2022.
umunyamategeko Mabirizi, yamaze gutanga abatangabuhamya 18 bashinja mui iki kirego.


