Umupasiteri ukomoka muri Nigeria, akaba azwi ku izina rya Obbo, yatangariwe n’abakirisitu be ayonbora ubwo yakuragamo ikariso umwe mu bakobwa basengera mu rusengero rwe, ahamya ko hagati y’amaguru ye ariho hari indiri y’ibyaha byose afite.
Ibi byabaye ubwo Obbo yateguraga amasengesho yo gusengera abakirisitu be bafite ibibazo bitandukanye gusa bikaba akarusho ubwo yasengeraga uyu mukobwa utavuzwe amazina maze ahamya ko ibyaha bye biri mu maguru ye, ahitamo kumukuramo ikariso mu ruhame.
Ubwo Obbo yasengaga yagize ati “Imana yanyeretse ko ugiye kwicwa n’ibyaha biri [hagati y’amaguru yawe ndagusabye ngwino imbere ubohorwe [yabwiraga uwo mukobwa asakuza cyane”.
Ubwo umukobwa yageraga imbere ku ruhimbi, Pasteri Obbo yahise azamura ikanzu amanura ikariso y’umukobwa, Imana yamweretse ibintu byatunguye buri muntu wese wari uri muri urwo rusengero.
Ikinyamakuru Venasnew, dukesha iyi nkuru, gitangaza ko muri Nigeria hakunze kuvugwa abapasiteri nk’aba bakora ibintu bitangaza abantu benshi ahanini bitewe n’uko baba batiteze ko byakorerwa mu ngoro y’Imana.

Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…



