Pasiteri yavuze ko Imana ari yo yamutinyuye ubwo yibasiraga Joseph Kabila

Sangiza iyi nkuru

Pasiteri Mukuna uyoboye itorero rya Christian Assembly Church of Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, aherutse kwibasira Joseph Kabila wabaye umukuru w’igihugu, avuga ko Imana ari yo yatumye abikora nta bwoba.

Kimwe n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, Pasiteri yavugiye mu rusengero mu mpera za Mutarama 2020 ko Kabila n’ishyaka rye, FCC babaye imbogamizi za gahunda za Perezida Tshisekedi. Abashyigikiye Kabila, bahise bamwamaganira kure, bamubwira ko niyongera bazamusanga mu rusengero rwe, bakamwumvisha ko Kabila atari mugenzi we.

Pasiteri Mukuna mu nkuru ya Media Congo, yavuze kuri uyu wa 6 Gashyantare ko akanama k’igihugu k’umutekano [gahagarariwe n’Umukuru w’Igihugu] kamuhamagaje, kugira ngo gakurikirane iby’aya magambo ye.

Ni uku Pasiteri Mukuna ngo yasubije aka kanama k’umutekano:“Nasubije ko Imana yari indi inyuma, ko nta bwoba nari mfite bwo kubivuga.”

Pasiteri Mukuna ngo yibaza impamvu abanyepolitiki barimo Ramazani Shadary bibasira Perezida Tshisekedi ariko bo akanama k’umutekano ntikabakurikirane.

Ubuyobozi buhuriweho n’amahuriro y’amashyaka ya politiki abiri; CACH na FCC ntibwavuzweho rumwe n’abanyapolitiki batandukanye, haba muri RD Congo ndetse no mu mahanga. Ababunenze bavuze ko Perezida Tshisekedi uri muri CACH adafite ububasha bwo gufata imyanzuro nk’Umukuru w’Igihugu, bijyanye n’uko FCC ya Joseph Kabila ifite umubare munini mu nteko ishinga amategeko no muri Guverinoma, gusa Tshisekedi yivugiye ubwe ko ari we Perezida rukumbi; nta we umufatira umwanzuro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *