Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukinira ikipe ya Manchester United ndetse n’ikipe y’igihugu ya bafaransa Paul Pogba yatangaje benshi ubwo yifotozaga ateruye inkende maze agashyira amafoto ku mbuga ze nkoranya mbaga.
Pogba ni umufaransa ukinira ikipe ya Manchester City mu gihugu cy’u Bwongereza, yayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona umwaka w’imikino wa 2017/2018 ndetse afasha n’igihugu cye kwegukana igikombe cy’Isi cya 2018 cyabereye mu Burusiya.
Paul Pogba ni umukinnyi ukina mu kibuga hagati ariko afite ubushobozi bwo gukina nka myugariro cyangwa umukinnyi utaha izamu nk’uko yagiye abigaragaza mu mikino imwe n’imwe. Uyu musore yatangiye gukina ruhago afite imyaka 6 mu kipe ya Rosie en brie kuva mu mwaka 1999 kugeza mu mwaka 2006. Nyuma yo kuva muri iyi kipe yerekeje mu ikipe ya Torcy, iyi akaba yarayimazemo imyaka 2
Nyuma yo kuva muri Torcy, Paul Pogba yerekeje muri Le Havre yamazemo imyaka 2 aho yakinaga mu ikipe y’ingimbi, aha akaba yarigaragaje cyane maze amakipe arimo nka Arsenal ndetse na Juventus aramubenguka ariko Manchester United iyarusha kurambagiza maze mu kwezi muri 2009 atangira gukina mu kipe y’abatarengeje imyaka 18 ya Manchester United yanakinnyemo imikino 21 atsindamo ibitego 7.
Miliyoni 89 z’amapawundi niyo byasabye Manchester United ngo isinyishe igihangange mu mupira wamaguru, Paul Pogba wari warahavuye ataguzwe na miliyoni imwe. Yasinye amasezerano y’imyaka 5 akinira iyi kipe itozwa na Jose Mourinho. Uku kuza k’uyu mukinnyi kwari kumaze amezi asaga ane kuvugwa ariko hakomeza kugaragaramo kutemeranywa ku ngingo zimwe na zimwe, gusa magingo aya aracyari umukinnyi wa Man U.



