Perezida Ali Bongo Ondimba wa Gabon ari kubarizwa mu bitaro byo muri Riyadh mu murwa mukuru wa Arabia Saoudite nk’uko byatangajwe na televiziyo y’iki gihugu itagize byinshi itangaza ku burwayi bwe.
Igikomangoma, Mohammed bin Salman cyasuye Perezida Bongo mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal asobanuza uko perezida wa gabon amerewe nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Arabia Saoudite (SPA) kuri uyu wa kane ushize.
Perezida Ali Bongo w’imyaka 59 yagombaga kugaragara kuwa Gatatu mu nama ku ishoramari ry’ahazaza muri Riyadh, ariko ntiyigeze agaragara mu biganiro kandi n’abateguye inama ntibatanze ibisobanuro.
Amakuru yaje gushyirwa ahagaragara na SPA ariko avuga ko Bongo yitabiriye ijambo ryatangwaga n’igikomangoma Mohammed ku mugoroba wo kuwa Gatatu. AFP dukesha iyi nkuru ikaba ivuga ko perezidansi ya Gabon ivuga ko nta kibazo gikomeye Bongo afite usibye ko yari ananiwe.
Perezida Ali Bongo ari ku butegetsi muri Gabon kuva mu 2009 nyuma y’urupfu rwa se, Omar Bongo, wari warategetse iki gihugu gikungahaye kuri peteroli kuva mu 1967.
Ali Bongo yongeye gutorwa mu matora ataravuzweho rumwe mu 2016.


