img_20220325_191544.jpg

Perezida Kagame ari i Cairo mu Misiri (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaze kugera i Cairo mu gihugu cya Misiri, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo Perezida Kagame yageze i Cairo.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kuri Twitter byatangaje ko agomba kugirana ibiganiro byihariye na mugenzi we Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.

Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Misiri ruje nyuma y’urwo Perezida w’iki gihugu yagiriye mu Rwanda muri 2017 ndetse n’urwo Ambasaderi wa Misiri, Sameh Hassan Shoukry yagiriye mu Rwanda muri 2020.

Icyo gihe Ambasaderi Shoukry yari ashyiriye Perezida Kagame ubutumwa bwa mugenzi we wa Misiri.

Uruzinduko rwa Perezida Abdel Fattah mu Rwanda rwo muri 2017 rwari gugamije gutsura umubano w’igihugu cye n’u Rwanda.

Icyo gihe akigera i Kanombe ku kibuga cy’indege akubutse muri Tanzania yakiriwe na Perezida Paul Kagame.

Misiri n’u Rwanda bisanzwe bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo tekiniki, iterambere ry’inganda, ubuhinzi, igisirikare n’izindi.

Ibihugu byombi kandi bihuriye ku Isoko rusange rihuza ibihugu byo muri Afurika y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo (COMESA) ryemerera ibihugu birigize kohererezanya ibicuruzwa nta misoro.

img_20220325_191549.jpg

img_20220325_191541.jpg

img_20220325_191544.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *