Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, tariki ya 28 Gashyantare 2021 yatangaje ko Ubwami bw’u Bwongereza bwashyize iki gihugu ayoboye ku ‘rutonde rutukura’ rubuza ababiturukamo gukorerayo ingendo, budasobanura impamvu bwabikoze.
Yabibwiye umushoramari Lord Evgeny Aleksandrovich Lebedev uyoboye ihuriro ‘The Giants Club’ ribungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu kiganiro bagiranye mbere yo gushyira umukono ku masezerano yinjiza u Rwanda muri iri huriro, nk’uko bigaragara mu gitangazamakuru The Independent.

Perezida Kagame na Lebedev uyoboye The Giants Club
Perezida Kagame na Lebedev baganiriye ku bukerarugendo bukorerwa mu Rwanda nk’umusaruro wo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ibidukikije muri rusange, ndetse n’ukuntu icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi kuva mu mpera z’2019 cyabugizeho ingaruka.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zo kukirwanya, zirimo gahunda ya Guma mu Rugo, aho ingendo mu gihugu hose ndetse n’ibikorwa by’ubukerarugendo ubwabyo byigeze guhagarikwa.
Aho bigeze, yemeza ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu kukirwanya, nk’uko byashimangiwe na raporo iherutse kurushyira ku mwanya wa 6 mu bihugu byitwaye neza mu guhangana n’iki cyorezo ku Isi.
Iyi raporo yasohotse tariki ya 28 Mutarama 2021, yakozwe n’ikigo cy’ubushakashatsi ‘Lowy Institute’ cyo muri Australia, gishingiye ku bipimo birimo: ingano yo gupima iki cyorezo ku mubare w’abaturage, imibare y’abandura, imibare y’abapfa no gusesengura amakuru atangwa.
Perezida Kagame yavuze ko ku munsi Lowy Institute ishyira u Rwanda kuri uyu mwanya, ari bwo u Bwongereza bwarushyize ku ‘rutonde rutukura’, akibaza niba atari politiki ibyihishe inyuma.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yabajije u Bwongereza impamvu bwaba bwarashingiyeho burushyira kuri uru rutonde, gusa ngo bisa n’aho nta bisobanuro bwigeze butanga.
Yagize ati: “Twabajije Ambasade, Ambasaderi, ba Minisitiri bavuganye na ba Minisitiri muri London. Ibisubizo batanga bigaragara mu buryo budatanga impamvu.”
Yakomeje agira ati: “Ni bibi, itangazo rikumira (abaturuka mu Rwanda) ryasohotse ku munsi Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa 6 ku Isi mu bihugu byitwaye neza mu guhangana n’iki cyorezo.”
U Bwongereza bwashyize u Rwanda kuri uru rutonde tariki ya 28 Mutarama 2021, busobanura ko iki gihugu gishobora kubonekamo ubwandu bushya bwa Covid-19 bwabonetse bwa mbere muri Afurika y’Epfo. Uru rutonde ruherutse kongera kuvugururwa tariki ya 15 Gashyantare 2021, na none u Rwanda rwisangamo.
Perezida Kagame avuga ko Laboratwari y’u Rwanda nta kimenyetso na kimwe yigeze ibona cyerekana ko ubu bwandu bwa Covid-19 bwaba bwarageze muri iki gihugu, ikaba ari yo mpamvu yatumye Guverinoma isaba u Bwongereza ibisobanuro.
Icyo gihe Guverinoma yasabye u Bwongereza kuyiha amakuru, niba bufite ibimenyetso byerekana ko iki cyorezo cyaba kiri mu Rwanda. Ati: “Niba mufite amakuru y’uko tubufite (ubwandu), dukeneye kubimenya.”
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yo kuri uyu wa 1 Werurwe 2021 yerekana ko kuva icyorezo cya Covid-19 cyagera mu Rwanda tariki ya 14 Werurwe 2020, hamaze kuboneka abantu 18,986 bacyanduye mu bipimo 1,012,451. Abo cyishe ni 264, abagikize ni 17,322 naho abakikirwaye ni 1,400.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


