Muri aya masaha Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ayoboye Inama y’Abaminisitiri. Hari ukwibaza kwinshi kubantu niba ishobora gusiga igihugu gisubiye muri gahunda ya Guma mu Rugo bitewe n’ubwiyongere bwa Covid-19.
Ni inama ije mu gihe imibare y’ubwandu bwa Covid-19 ikomeje kwiyongera umusubirizo, aho imibare ya Minisiteri y’ubuzima igaragaza ko abamaze kwandura babarirwa muri 3,306; barimo abarenga 600 banduye mu cyumweru kimwe.
Abamaze guhitanwa n’iki cyorezo barabarirwa muri 15, abenshi muri bo bakaba barabonetse mu minsi mike ishize.
Ubwiyongere bukomeye bw’imibare y’abanduye icyorezo cya Covid-19 ifitanye isano n’uko abenshi mu Banyarwanda badohotse ku mabwiriza yo kwirinda ingaruka z’icyorezo cya Covid-19, hakaba hari ibyago byinshi by’uko hashobora gufatwa icyemezo cyo gusubiza abaturage mu ngo.
Ku wa 18 Kanama Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnson, yaciye amarenga y’uko igihugu gishobora gusubira muri Guma mu rugo, ubwo yavugaga ko Abanyarwanda bayikozaho imitwe y’intoki.
Minisitiri Busingye yagize ati: “Kwirinda Covid-19 byaravuzwe, birigishwa, bisubirwamo, ingamba turazibwirwa. Aho kumva ngo twubahirize ibyo dusabwa bamwe bakirara. None guma mu rugo totale (y’igihugu cyose) turayikozaho imitwe y’intoki, tuyikururiye.”
Minisitiri Busingye si we muyobozi wa mbere waciye amarenga y’uko igihugu gishobora gusubira muri Guma mu Rugo, dore ko na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yari aherutse gutangaza ko mu gihe imibare y’ubwandu bwa Covid-19 yazamuka gahunda ya Guma mu Rugo ishoboka cyane.
Minisitiri Ngamije yabitangarije ku cyumweru tariki ya 16 Kanama, mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu, cyavugaga ku ntambwe zizakurikiraho mu guhangana n’ubwandu bushya bwa Covid-19.
Icyo gihe Ngamije yagize ati: “Gufunga birakomeye ariko ni icyemezo gishoboka. Abantu bakwiye kumenya ko umubare nukomeza kuzamuka, hari ibyemezo bimwe bikomeye bizaba ngombwa ko bifatwa. Muri iki cyumweru turapima mu masoko yose y’Umujyi wa Kigali ibizavamo bizagena intambwe zizakurikira.”
Minisitiri w’Ubuzima yibukije ko Leta itazicara ngo irebere icyorezo kirimo kurushaho gukwirakwira, yemeza ko izongera ingufu kugira ngo irusheho guhangana na cyo.
Si ubwa mbere u Rwanda rwaba rushyizwe muri Gahunda ya Guma mu Rugo, dore ko ku wa 21 Werurwe rwari rwayishyizwemo, mbere yo kuyivanwamo tariki ya 04 Gicurasi.


