Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Ethiopia-AMAFOTO

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame yamaze kugera mu gihugu cya Ethiopia aho yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Dr. Abiy Ahmed.

Uru ni uruzinduko rwa mbere Kagame agiriye mri iki gihugu kuva uwari Minisitiri w’Intebe Hailemariam Desalegn yeguye.

Aba bayobozi bombi bagiranye ibiganiro byari byitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia,Hope Tumukunde .

Perezida Kagame agize uru ruzinduko nyuma yaho ashimiye Abiy Ahmed kubw’icyizere yagiriwe n’ishyaka rye  EPRDF ngo ayobore Ethiopia.

Uru ruzinduko ruje rukurikira urwo Perezida Kagame yagiriraga mu Bufaransa aho yari yitabiriye inama ya ‘Viva Tech 2018’

1 2055 bed27
Uhereye ibumoso: Ambasaderi Hope Tumukunde,Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Dr. Abiy Ahmed mu biganiro
2 1944 ca785 1
Perezida Kagame asuhuzanya na Dr.Abiy Ahmed
4 1334 f1907
Perezida Kagame yakirwa na Minisitir w’Intebe, Dr. Abiy Ahmed ku kibuga cy’indege

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *