img_20220624_135111.jpg

Perezida Kagame yakiriye Museveni wakoze agashya (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu, yakiriye mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda uri mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama ya CHOGM 2022.

Perezida Kagame yakiriye Museveni muri Kigali Conversation Center, ubwo yatangizaga inama y’Umuryango wa Commonwealth.

Ni inama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 54 zigize uriya muryango.

Perezida Kagame yakiriye Museveni ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Rt. Hon Patricia Scotland.

Museveni yakoze agashya ko kuba ari we rukumbi wari wambaye agapfukamunwa mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma 54 bitabiriye umuhango wo gutangiza iriya nama, ibigaragaza ko we agifata icyorezo cya COVID-19 nk’ikigiteye inkeke.

Ku munsi w’ejo ni bwo Perezida Yoweri Museveni yageze hano mu Rwanda aciye i Gatuna, yakiranwa ubwuzu n’urugwiro rudasanzwe.

Byari nyuma y’imyaka itanu atahagera kubera umwuka mubi wari hagati ye n’igihugu cy’u Rwanda.

Museveni nyuma yo kugera hano mu Rwanda yashimye Abanyarwanda ku bw’urugwiro bamugaragarije.

Biteganyijwe ko Perezida Museveni agomba kumara i Kigali iminsi ine mbere yo gusubira muri Uganda.

img_20220624_134523.jpg

img_20220624_135111.jpg

img_20220624_134527.jpg

img_20220624_135114.jpg

img_20220624_134548.jpg

img_20220624_133822.jpg

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Perezida Kagame yakiriye Museveni wakoze agashya (Amafoto)
    Twishimiye uruzinduko rwa museveni erega bazemera nabataremera

  2. Perezida Kagame yakiriye Museveni wakoze agashya (Amafoto)
    Twishimiye uruzinduko rwa museveni erega bazemera nabataremera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *