Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yababajwe cyane no kuba ikipe ya Arsenal yaraye itsinzwe na Brentford ibitego 2-0, avuga ko atumva impamvu impinduka muri iriya kipe zatinze.
Arsenal Perezida Kagame yihebeye yari yasuye Brentford iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere, mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona y’Abongereza wabaye mu ijoro ryakeye.
Igitego cyo ku munota wa 22 w’umukino cya Sergi Canos n’icyo ku munota wa 73 cya Christian Noergaard, byari bihagije kugira ngo Brentford ikure amanota atatu kuri Arsenal yari idafite abarimo Pierre Emerick-Aubameyang na Alexandre Lacazette.
Perezida Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye nyuma yo gutsindwa kwa Arsenal, yavuze ko Brentford yarushaga Arsenal, gusa akaba atumva impamvu impinduka zatinze muri iriya kipe yihebeye.
Ati: “Agaki?? Ni umupira w’amaguru, ni ugutsindwa kwa Arsenal kuri Brentford. Brentford yari ikwiye gutsinda, yabikoze. Umukino ubwawo Arsenal n’abafana ntibakwiye kumenyera ibi… Oya!!! Mvuze ibi nk’umwe mu bafana bakomeye ba Arsenal, impinduka zafashe igihe kirekire.”
Perezida Kagame yakomeje avuga ko Arsenal imaze imyaka n’imyaka mu bibazo, gusa hakaba hakenewe gushyiraho gahunda ihamye kugira ngo ibyigobotore.
Yavuze kandi ko hakwiye kurebwa uburyo baguramo abakinnyi kugira ngo bashyire mu bikorwa gahunda yabo kuko ubusanzwe bushobora kuba nta musaruro.
Ati “ntabwo tugomba kugaragaza urwitwazo cyangwa ngo twemere ko tudashoboye. Ikipe igomba kubakwa ku ntego yo gutsinda, gutsinda, gutsinda. Kugira ngo nidutsindwa … Ntabwo byari byitezwe! Ndabizi neza ko twese tuzi ababasha kwakira uyu mutwaro uremereye. Ndizera ko nabo babizi cyangwa babyemera.”
Brentford yatsinze Arsenal yaherukaga mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’Abongereza mu mwaka wa 1947.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


