Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame, yasoje uruzinduko bwite rw’iminsi ibiri yari yagiriye muri Uganda. Umukuru w’igihugu yari yagiye muri Uganda ku bw’ubutumire bw’umuhungu wa Perezida Museveni Yoweli Kaguta Tibuhaburwa ari we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, wizihizaga imyaka 48 y’amavuko. Muri urwo ruzinduko kandi Perezida Kagame yaganiriye na Museveni, baganira ku ngingo zitandukanye. Perezida Museveni asezera kuri mugenzi we, Paul Kagame



