Perezida Kagame yirukanye Minisitiri Dr Mujawamariya

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nyakanga, yirukanye ku Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc wari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ni we wasohoye itangazo rimwirukana mu cyimbo cy’Umukuru w’Igihugu.

Iryo tangazo rivuga ko ukwirukanwa kwe gushingiye “ku byo agomba kubazwa akurikiranweho”.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ntibyigeze byerura ngo bisobanure amakosa Minisitiri Dr Uwamariya yakoze, gusa amakuru avuga ko ibyaha akurikiranweho yabikoze akiri Minisitiri w’Ibidukikije.

Mu kwezi gushize kwa Kamena ni bwo Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo.

Mbere y’aho yari asanzwe ari Minisitiri w’Ibidukikije kuva mu Ugushyingo 2019.

Mujawamariya w’imyaka 54 y’amavuko kandi kuva muri 2003 yagiye ahabwa indi myanya itandukanye muri Guverinoma, irimo kuba Minisitiri mu biro bya Minisitiri w’Intebe ushinzwe Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, uw’Uburezi, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’ayisumbuye ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu bihugu by’u Burusiya na Belarus.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Perezida Kagame yirukanye Minisitiri Dr Mujawamariya
    Uyu mudamu nta manyanga ajya agira. Hagomba kuba hari abamutobeye mu kazi ke. Iperereza rikorwe neza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *