InShot_20250416_231732114

Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Arsenal imbere ya Real Madrid

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo ku wa 16 Mata 2025, ikipe ya Arsenal yatsinze Real Madrid ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri sitade ya Santiago Bernabéu, bityo ikomeza muri 1/2 cya UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego 5-1.

Ibi byishimiwe cyane n’abafana b’iyi kipe ku isi hose, harimo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzwiho kuba umufana ukomeye wa Arsenal.

Perezida Kagame yagaragaje ibyishimo bye abinyujije mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze aho yagize ati: “M. Arteta n’ikipe ya Arsenal yose baduhesheje ishema natwe abafana ndetse n’abafatanyabikorwa. Mwarakoze cyane, murabikwiye rwose… Tubifurije ishya n’ihirwe!”

Arsenal yagiye gukina uyu mukino ifite impamba y’ibitego 3-0 yatsindiye i Londres mu mukino ubanza. Mu mukino wo kwishyura, Bukayo Saka n’a Gabriel Martinelli batsindiye ni mu gihe Vinícius Júnior watsindiye Real Madrid igitego rukumbi yabonye muri uyu mukino.

Iyi ntsinzi yatumye Arsenal igera muri 1/2 cya Champions League ku nshuro ya mbere kuva mu 2009, aho izahura na Paris Saint-Germain. Ni intambwe ikomeye ku ikipe yatozwa na Mikel Arteta, ikomeje kwerekana ubudasa n’imbaraga mu mikino y’i Burayi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *