uhuru-gives-citizenship-papers-to-20-members-of-shona-rwandese-communities-youtube-thumbnail.jpg

Perezida Kenyatta yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa 12 Ukuboza 2020 ubwo igihugu cyizihizaga umunsi w’ubwigenge (Jamhuri Day), yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu.

Aba Banyarwanda ni abakomoka ku miryango yabo yavuye mu Rwanda mu myaka y’1950 nk’uko tubikesha televiziyo ya NTV, bose bakaba baravukiye muri Kenya.

Si bo gusa bahawe ubwenegihugu kandi, kuko hari abandi 1670 bo mu bwoko bw’Abashona bakomoka ku baturutse muri Zimbabwe mu myaka y’1930.

Perezida Kenyatta yisunze itegeko rigena gutanga ubwenegihugu, ni we wategetse ko aba baturage bahabwa ibyangombwa bibemerera kuba abenegihugu ba Kenya.

Ku munsi wa Jamhuri wizihirijwe muri Sitade y’igihugu ya Nyayo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ku mugaragaro ibyo Perezida Kenyatta yiyemeje, yashyikirije ibyangombwa abantu 20 bari bahagarariye aba Banyarwanda n’Abashona bose.

uhuru-gives-citizenship-papers-to-20-members-of-shona-rwandese-communities-youtube-thumbnail.jpg

Aba baturage bari babayeho mu buzima bugoye kuko bafatwaga nk’abanyamahanga, ntibahabwe na serivisi kubera ko batari bafite ibyangombwa by’ubwenegihugu.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Perezida Kenyatta yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu
    Nivyiza kububaha mugihe atangorane bazotera murikenya bakabana nabanyakenya neza mumahoro mbivuze nisunze Congo nuburundi barahaye abanyarwanda ubwenegihugu mwibibihugu mugabo agatima kabo gatuma kazana amacakubiri rr abanyarwanda bafise amacakubiri nicokibi cabo

  2. Perezida Kenyatta yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu
    Nivyiza kububaha mugihe atangorane bazotera murikenya bakabana nabanyakenya neza mumahoro mbivuze nisunze Congo nuburundi barahaye abanyarwanda ubwenegihugu mwibibihugu mugabo agatima kabo gatuma kazana amacakubiri rr abanyarwanda bafise amacakubiri nicokibi cabo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *