Perezida Kim yasabye ingabo ze kwitegura gukoresha ibitwaro bya kirimbuzi

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un yategetse igisirikare cye kwitegura kuba cyakoresha intwaro zacyo za kirimbuzi igihe icyo ari cyo cyose nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru cya leta, bikaba byari mu rwego rwo kugaragariza Loni ko batishimiye ibihano yongeye gufatira iki gihugu.

Perezida Kim yanakangishije kugaba ibitero byo kubuza abanzi ba Koreya ya Ruguru kuba basubiza, avuga ko ibintu bitifashe neza muri Koreya muri iki gihe nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’Ibiro Ntaramakuru bya Koreya ya Ruguru.

missile
Koreya ya Ruguru ni imwe mu bihugu bicye bitunze intwaro za kirimbuzi

Iri terabwoba rya Koreya ya Ruguru rije nyuma y’aho Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Kane gatangarije ko iki gihugu cyafatiwe ibindi bihano bikaze nyuma y’aho kigeragereje missiles zacyo ziraswa kure.

Iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga ko buri uko hazamutse umwuka mubi iki gihugu gikangisha gukoresha ibitwaro bya kirimbuzi, ariko impuguke ziracyashidikanya ku bushobozi bwacyo bwo kuba cyashyira ibi bitwaro bya kirimbuzi kuri izi missiles ziraswa kure.

Kuri uyu wa kane nyuma yo gutangaza ibihano bishya yafatiwe, Koreya ya Ruguru yahise irasa missiles 6 ziraswa ahantu hafi ku nkombe zayo z’iburasirazuba, aho minisiteri y’ingabo ya Koreya y’Epfo yatangaje ko izi missiles zakoze urugendo rw’ibirometero 150 mbere yo kwitura mu nyanja.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *