Perezida Macky Sall yasubitse amatora yaburaga iminsi mike

Sangiza iyi nkuru

Perezida Macky Sall wa Sénégal, kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko yasubitse amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ateganyijwe kuba ku wa 25 Gashyantare.

Sall yemeje ko yasinye iteka ryo gusubika aya matora mu ijambo yagejeje ku banya-Sénégal. Ni icyemezo yafashe mu gihe haburaga amasaha make ngo hatangire ibikorwa byo kwiyamamaza.

Perezida wa Sénégal yavuze ko yafashe icyo cyemezo mu rwego rwo kwemerera Inteko Ishinga Amategeko gukora iperereza ku bacamanza babiri bo mu rukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga ubunyangamugayo bwabo ku byerekeye igikorwa cy’amatora bukemangwa.

Ni amatora yasubitse mu gihe atemerewe kuyiyamamazamo, kuko ari mu nzira zo kudangiza manda ye ya kabiri ari na yo ya nyuma yemererwa n’itegekonshinga.

Ni bwo bwa mbere mu mateka Sénégal isubitse amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Iki gihugu gisanzwe gifatwa nka kimwe muri bike bya Afurika birangwamo demukarasi, bijyanye no kuba kuba cyabona ubwigenge mu 1962 cyarabayemo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro incuro enye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *