Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yaburiye uwagerageza guhungabanya umutekano wa Chad kuko ngo igihugu cye kitamwihanganira.
Yabitangaje kuri uyu wa 23 Mata 2021 mu ijambo yavugiye mu muhango wo gusezera kuri nyakwigendera Marshal Idriss Deby Itno wapfuye tariki ya 19 Mata 2021 azize ibikomere by’amasasu yarasiwe ku rugamba rw’ingabo za Leta n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FACT.
Perezida Macron yabanje gushima ubwitange bwaranze Marshal Deby ubwo yari ku butegetsi, bwatumye abura ubuzima bitewe n’urugamba yari yagiyemo, ashakira igihugu umutekano. Kuri we yari “inshuti” kandi yari “umusirikare w’umunyamurava”.
Ku kibazo kijyanye n’umutekano n’ubusugire by’igihugu, uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko bazihanganira uzagerageza kubihungabanya. Mu nkuru ya Reuters, Perezida Macron yagize ati: “U Bufaransa ntibuzareka uzagerageza guhungabanya uyu munsi n’ahazaza h’umutekano n’ubusugire bwa Chad.”
Yasabye ko iki gihugu gisigaye kiyobowe n’umuhungu wa nyakwigendera, Gen. Mahamat Itno, ko cyaharanira ituze, kudaheza, ibiganiro, kandi mu gihe inzibacyuho izaba irangiye, hakazabaho ihererekanyabasha rishingiye kuri demukarasi, agisezeranya kugishyigikira ati: “Tuzababa inyuma.”
Uyu muhango witabiriwe kandi n’abandi Bakuru b’Ibihugu n’abanyacyubahiro barimo Perezida Félix Tshisekedi wa RDC unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


