Perezida Magufuli yahembye ibibanza abakinnyi ba Taifa Stars

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzanian, John Magufuli yahembye abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ibibanza byo kubakamo, abashimira ko babashije kubona itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika cy’Ibihugu cya 2019. Ni nyuma y’aho kuri iki Cyumweru gishize Tanzania yabashije gutsinda Uganda ibitego 3-0 .

Nejejwe cyane n’icyubahiro mwazaniye igihugu cyacu ,” uyu ni Perezida John Pombe Magufuli abwira abakinnyi ba Taifa Stars n’abagize tekiniki bayo bari bakiriwe mu ngoro ya perezida i Dar es Salaam nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye.

Nizeye ko abakinnyi bacu bashobora kwiyerekana neza I Cairo .” Yongeyeho ko ishobora no kwitwara neza ikanegukana igikombe.

Ikipe ya Tanzania kuri ubu itozwa n’icyamamare cyo muri Nigeria, Emmanuel Amunike, yarangije imikino yo gushakisha itike ifite amanota 8, iza ku mwanya wa kabiri inyuma ya Uganda yaje ku mwanya wa mbere mu itsinda L ifite amanota 13.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *