Perezida Samia Suluhu yashimagije Young Africans nyuma yo kwandagaza Simba SC

Sangiza iyi nkuru

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yashimye ikipe ya Young Africans, nyuma yo kunyagira mukeba wayo Simba Sports Club kuri iki cyumweru.

Aya makipe yombi ayoboye ruhago ya Tanzania yari yahuriye mu mukino wa shampiyona warangiye Young Africans inyagiye Simba ibitego 5-1.

Umunota wa gatatu w’umukino wari uhagije ngo Yanga ifungure amazamu ibifashijwemo na Kennedy Musonda, mbere y’uko Kibu Denis yishyurira Simba nyuma y’iminota itandatu.

Iminota 45 y’igice cya mbere cy’umukino yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Simba yatangiye kunyagirwa n’imvura y’ibitego ku munota wa 64 w’umukino ubwo Max Nzengeli yatsindiraga Young Africans igitego cya kabiri mbere y’iminota 11 ngo umunya-Burkina Faso Stephane Aziz Ki atsinde igitego cya gatatu.

Nzengeli yatsinze igitego cya kane ku munota wa 77 w’umukino, mbere y’uko atsinda agashinguracumu ku munota wa 87 w’umukino.

Perezida Samia Suluhu nyuma y’uyu mukino yashimiye ikipe ya Young Africans, agaragaza ko Tanzania itewe ishema n’ihangana ryayo na Simba Sports Club.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Nimwishyuke Young Africans ku bwo gutsinda Simba mu mukino wa shampiyona ya Tanzania. Ihangana ryanyu rimaze imyaka irenga 85 ni rimwe mu bigize igice cy’ingenzi cyane mu myidagaduro yacu. Muhuriza hamwe kandi mu buryo bwihariye amamiliyoni y’abanya-Tanzania, yaba abari imbere mu gihugu n’abari hanze yacyo.”

Gutsinda Simba byatumye Young Africans igifite umukino w’ikirarane ihita ifata umwanya wa mbere n’amanota 21, ikarusha Azam FC ya kabiri amanota abiri.

Simba Sports Club yahise ifata umwanya wa gatatu n’amanota 18, gusa iyi kipe y’umutoza Robertinho iracyafite imikino ibiri y’ibirarane itakinnye ubwo yari muri African Football League.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *