Perezida Tshisekedi mu bitaro byo muri Maroc mu ibanga rikomeye nyuma yo kuva i Kigali

Sangiza iyi nkuru

Perezida mushya wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aherutse mu bitaro bya gisirikare bya Rabat muri Maroc mu ibanga rikomeye aho yamaze iminsi igera kuri itatu nyuma y’uko yari akubutse I Kigali.

Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha iyi nkuru kiravuga ko nyuma yo gusubira muri Congo aturutse I Kigali,aho yari yitabiriye inama ya Africa CEO Forum, kuwa Gatatu ushize, itariki 27 Werurwe, Felix Tshisekedi yagiye muri Maroc mu ibanga ahamara iminsi itatu kugeza kuwa 30 Werurwe.

Amakuru ahari akaba avuga ko Yakoresheje ibizamini ku bitaro byita ku ndwara z’umutima bya gisirikare biherereye I Rabat mu murwa mukuru wa Maroc.

Perezidansi ya Congo yemereye Jeune Afrique ko Felix Tshisekedi yakoreye uruzinduko rutari urw’akazi muri Maroc, ariko yirinda kugira byinshi irenzaho.

Perezida Felix Tshisekedi yari yigeze kugaragara nk’urwaye ubwo yarahiriraga kuyobora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuwa 24 Mutarama I Kinshasa, bituma ijambo yagezaga ku banyagihugu rihagarara gato mbere yo kurisubukura nyuma y’iminota myinshi.

Abamwegereye bavuze ko byatewe n’ikoti rikingira amasasu yari yambaye.

Nyuma yo kumara iminsi muri Maroc, Tshisekedi yasubiye I Kinshasa mu ijoro ryo kuwa Gatandatu ushize, itariki 30 Werurwe.

Uyu munsi, itariki 02 Mata, Perezida Tshisekedi akaba ari mu bayobozi bategerejwe I Dakar muri Senegal mu muhango w’irahira rya mugenzi we Macky Sall, aho agomba kuva kuri uyu wa gatatu yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ruzinduko rw’akazi ruzasozwa kuwa 05 Mata.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *