Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, niwe utahiwe kuyobora EAC

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, niwe utahiwe kuyobora Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, asimbura kuri uyu mwanya Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya.

Ikinyamakuru The Citizen cyo muri Tanzania dukesha iyi nkuru kivuga ko byari biteganyijwe ko mu nama y’abakuru b’ibihugu yo kuri uyu wa Kabiri, itariki 29 Werurwe 2022, ari bwo Perezida Ndayishimiye afata inkoni y’ubuyobozi.

Ngo iraba ari inshuro ya mbere umuyobozi w’u Burundi ahawe inshingano zo kuyobora urwego rw’ikirenga rw’umuryango mu myaka isaga 10 ishize.

Mugenzi we yasimbuye, Pierre Nkurunziza yigeze kuyobora uyu muryango muri manda y’umwaka umwe hagati ya 2010 na 2011. Mu myaka yakurikiye ariko, mu muryango hagiye habaho gusubika inama z’abakuru b’ibihugu, ariko u Burundi busa nk’aho bwafashe icyemezo cyo kwiheza.

Ni nyuma y’ibibazo byadutse muri iki gihugu mu 2015 nyuma yo kugerageza guhirika ku butegetsi Nkurunziza bamushinja gushaka kwizirika ku butegetsi.

Muri iyi week end ishize, Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Peter Mathuki, yemeje ko koko u Burundi ari bwo buzaba butahiwe kuyobora EAC.

Ati “ U Burundi nibwo muyobozi utaha w’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC muri uyu mwaka,”

Hagati aho, igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri nacyo cyabaye umunyamuryango mushya wa EAC, kuri ubu umuryango ukaba ugizwe n’ibihugu 7 aho kuba 6 nk’uko byari bisanzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *