Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum yashyikirije ubutabera umugabo wamukorakoye mu gatuza ubwo yari ari mu ruhame aramukanya n’abaturage i Mexique City.
Uwo mugabo, bivugwa ko yari yasinze, yahise atabwa muri yombi kandi aracyafungiye muri Sex Crimes Investigation Unit.
Sheinbaum yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuregera inkiko “nk’umugore uharanira uburenganzira bw’abandi bagore bose,” asaba ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ritakomeza gufatwa nk’ibintu bisanzwe.
Iri hohoterwa ryabaye mu gihe hibazwa ku mutekano w’abayobozi ba Mexique, nyuma y’iyicwa rya Meya wa Uruapan ku mugaragaro.
Sheinbaum, usanzwe atagira abamurinda bihariye, yavuze ko n’ubwo azongera uburyo bwo kurindwa, atazigera yitandukanya n’abaturage.
Ishami ry’abagore muri guverinoma ye ryamaganye iki gikorwa, risaba abagore bose guhagurukira gutanga ibirego kugira ngo “ihohoterwa ritongera gufatwa nk’ibisanzwe.”
Amakuru aturuka muri INEGI (Ikigo cy’ibarurishamibare cya Mexique) avuga ko abagore 70.1% bafite hejuru y’imyaka 15 bahuye nibura rimwe n’ihohoterwa, naho 49.1% muri bo bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Perezida Sheinbaum yavuze ko azakorana n’Ishami ry’Abagore gusuzuma niba ihohoterwa rishingiye ku gitsina rihanishwa mu turere twose twa Mexique no gutangiza ubukangurambaga mpuzamahanga bwo kurwanya iryo hohoterwa.


