Perezida Daniel Ortega wa Nicaragua yamaze gufatira umwanya mu buyobozi umugore we naramuka atsinze amatora ateganyijwe mu Ugushyingo, aho ataganya kuzamugira visi perezida we.
Iyi akaba ari inshuro ya gatatu Ortega ari bube yiyamamarije kuyobora Nicaragua nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Umugore we, Rosario Murillo, asanzwe afite umwanya ukomeye muri leta kubera ko ari umuvugizi wa mbere wa leta kandi abonwa cyane na benshi nkaho ubutegetsi abusangiye n’umugabo we.
Abanenga ubutegetsi bwa Daniel Ortega bamushinja gufatanya n’umugore we kuyobora igihugu nk’akarima kabo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Biravugwa ko nubwo Ortega adakunze kugaragara cyane avugana n’itangazamakuru, umugore we aba ari kuri televiziyo kenshi aganira politiki.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



