Perezida wa Repubulika ya Senegal, Macky Sall, yashyizeho ikiruhuko cy’umunsi umwe cyo kwishimira intsinzi ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ‘Les Lions de la Teranga’ yaraye ikuye mu irushanwa nyafurika, CAN 2020.
Iyi kipe yaraye yegukanye igikombe cya CAN itsindiye Misiri kuri penaliti, nyuma y’aho iminota 90 n’inyongera y’indi 30 (Prolongation) yari yarangiye amakipe anganya ubusa ku busa (0-0).
Ni intsinzi yishimiwe cyane n’ikipe ndetse n’abanya-Senegal muri rusange barimo Perezida Sall wahise atangariza ku rubuga rwa Twitter ati: “Abatsinzi ba Afurika!!! Mbega umukino! Mbega ikipe! Mwabikoze! Ni ibihe byiza by’umupira w’amaguru, ibihe byiza by’ubufatanye n’ishema ry’igihugu. Ntewe ishema ryinshi namwe! Mwakoze cyane intwari zacu!”
Perezida Sall yateganyaga kugirira uruzinduko mu birwa bya Comores, yahise afata icyemezo cyo gusubira muri Senegal kugira ngo ajye kwakira ikipe y’igihugu mu cyubahiro gikwiye uwagihesheje ishema, nk’uko televiziyo y’igihugu yabitangaje.
Iyi televiziyo yanemeje kandi ko uyu Mukuru w’Igihugu yagennye uyu wa 7 Gashyantare 2022 ko ugomba kuba umunsi w’ikiruhuko kugira ngo abanya-Senegal babone umwanya wo kwishimira intsinzi. Yatangaje iti: “Perezida wa Repubulika yemeje ku wa Mbere nk’umunsi w’ikiruhuko, bitewe n’intsinzi ya Les Lions.”
Ikipe ya Senegal yageze ku mukino wa nyuma wa CAN mu 2022 no mu 2019 ariko ntiyari yarabashije kwegukana igikombe.
Kuri ubu yageze ku ntego, Perezida Sall arateganya kuyikorera ibirori mu biro bye kuri uyu wa 8 Gashyantare 2022.



