Police FC mu nzira zo gusinyisha umunyamahanga wa mbere

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Police FC iri mu nzira zo gusinyisha Rukundo Onesme, umunyezamu w’Umurundi ushobora kuba umunyamahanga wa mbere isinyishije nyuma y’imyaka icyenda.

Rukundo w’imyaka 24 y’amavuko asanzwe akinira Le Messager de Ngozi y’iwabo.

Amakuru avuga ko ibiganiro hagati ye na Police FC bigeze kure, ku buryo nta gihindutse ashobora kwinjira muri iyi kipe ya Polisi y’Igihugu.

Ni Police yashyize akadomo kuri gahunda yo gukinisha abakinnyi b’Abanyarwanda gusa, nyuma y’uko mukeba wayo APR FC ifashe icyemezo cyo kuyireka nyuma y’imyaka 11.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *