Polisi y’igihugu yataye muri yombi impunzi 33 z’Abarundi, bakekwaho gushishikariza abandi kwigumura banga ubufasha bahabwa n’ishami ry’umuryango w’abibumye ryita ku mpunzi HCR na Leta y’u Rwanda.
Mu itangazo polisi yashyize ahagaragara, itangaza ko yataye muri yombi 33 ndetse ko icyaha bashinjwa gihanwa n’amategeko, igira iti ’’Gukangurira abandi kugumuka, ni icyaha gihanwa n’amategeko, kibangamira ubuzima bw’izindi mpunzi”.
Impunzi 31 ziva mu nkambi ya Gashora, umwe ava mu nkambi ya Nyarushishi naho undi 1 aturuka mu nkambi ya Muyira. Izo mpunzi zikaba ari zimwe mu mpunzi 2500 zo mu Burundi zaje zivuye muri Congo.
Iri fungwa rije nyuma y’ukwezi kumwe impunzi zisaga 11 zikomoka muri Congo zari mu nkambi ya Kiziba zitabye Imana nyuma yo kwigaragambya ku biro bya HCR ndetse zikanataka abashinzwe umutekano aho zigaragambyaga.

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya
Nkurunziza Viateur Bwiza.com


