Polisi yarashe mu cyico uwari ukurikiranweho kwica umukozi w’akarere ka Kamonyi

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’igihugu mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Mata yarashe mu cyico umusore witwa Kubwimana Daniel, nyuma yo kugerageza kuyicika ubwo yari agiye kuyereka aho yahishe ibikoresho yibye mu nzu y’umukozi w’akarere ka Kamonyi yari akurikiranweho kwica.

Kubwimana w’imyaka 33 y’amavuko yarasiwe mu kagari ka Remera ho mu murenge wa Rukoma w’akarere ka Kamonyi.

Amakuru BWIZA yamenye ni uko mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu uyu musore yagiye kwereka Polisi aho yahishe ibintu yibye mu nzu ya Mujawayezu Madeleine yari akurikiranweho kwica, hanyuma aza kugerageza kwirukanka kugira ngo atoroke.

Byabaye ngombwa ko Polisi irasa mu kirere kugira ngo ahagarare, abyanze ihita imurasa mu cyico.

Ku itariki ya 29 Werurwe ni bwo umurambo wa Mujawayezu Madeleine wari umaze iminsi atagaragara mu kazi (yakoraga imirimo y’isuku ku karere) wasanzwe uhambiriye mu nzitiramibu aho yari atuye i Remera-Rukoma.

Icyo gihe umurambo we wabonetse yambaye ubusa, ari na bwo byaketswe ko yaba yari amaze igihe yishwe n’abagizi ba nabi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangiza iperereza ryasize Kubwimana Daniel wakekwaga atawe muri yombi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *