Polisi yasabye abagenzi kutarebera abashoferi babatwara bavugira kuri telefoni

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ishami rya polisi y’igihugu rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CP George Rumanzi yasabye abagenzi kwamaganira kure abashoferi babatwara mu modoka rusange bavugira kuri telefoni cyangwa  bagendera ku muvuduko ukabije.

Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, Polisi y’igihugu yavuze ko kwamagana abashoferi bakora aya makosa bireba buri wese kandi ko ari  inshingano za buri wese gukiza ubuzima no kugabanya umubare w’impanuka zo mu muhanda.

CP Rumanzi yagize ati” Abagenzi ntimukwiye kwemera ko umushoferi abatwara avugira kuri telefone cyangwa afite umuvuduko ukabije.  Mudufashe kurengera ubuzima no kurwanya impanuka zo mu muhanda”

Uyu  muyobozi yasabye ko abagenzi bazajya bamenyesha inzego za polisi mu gihe baba babonye umushoferi ubatwaye afite imyitwarire yavuzwe haruguru

Yagize ati”Hamagara nimero itishyurwa 113 uduhe amakuru ku bashoferi bica amategeko y’umuhanda uzaba urengeye ubuzima unarwanyije impanuka zo mu muhanda”

DeDPLAJXcAEU4qN

CP Rumanzi George yibutsa abagenzi kutarebera abashoferi babatwara binyuranyije n’amategeko.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu muhanda ryatangaje ko mu mezi ane ashize impanuka zimaze guhitana abantu 138, hakomereka 246 bagakomereka bikabije.

Ibi Polisi yabitangaje ubwo  yatangizaga icyumweru cy’umutekano wo mu muhanda  mu Karere ka Rubavu.Polisi yavuze ko n’ubwo abatwara imodoka bafite uruhare runini muri izi mpanuka,yatunze agatoki abamotari kuko ahanini ari bo bagira uruhare runini muri iki kibazo kuko  mu bapfuye 53 bari kuri moto naho mu bakomeretse bikabije 115 bari kuri moto.

Fred Masengesho Rugira/Bwiza.com

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *