Fannie-Masemola

Pretoria: Perezida Ramaphosa yahagaritse Umukuru w’Igipolisi ukurikiranweho ruswa

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko General Fannie Masemola yitabye urukiko rw’i Pretoria mu ntangiriro z’iki cyumweru, kuri uyu wa Kane, itariki ya 23 Mata, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko ahagaritswe “mu rwego rwo gukumira, kugeza igihe urubanza ruzarangirira” 

Iki cyemezo bivugwa ko cyari gitegerejwe muri Afurika y’Epfo, maze kuri uyu wa Kane ushize Perezida Cyril Ramaphosa atangaza ko umuyobozi wa polisi ahagaritswe ku mirimo ye, kubera ko Fannie Masemola akurikiranweho icyaha cya ruswa kijyanye n’amasoko ya leta atavugwaho rumwe.

Kuri ibi Perezida Ramaphosa yagize ati: “Nkurikije uburemere bw’ibi birego n’uruhare rukomeye Komiseri wa Polisi y’igihugu agomba kugira mu kurwanya ibyaha, nemeranije na Jenerali Masemola ko aba ahagaritswe mu rwego rwo gukumira kugeza ikibazo gikemutse”.

Ibi byatangajwe nyuma y’uko Gen. Masemola agejejwe imbere y’urukiko rw’i Pretoria mu ntangiriro z’iki cyumweru nk’uko inkuru dukesha RFI ivuga.

Mu gihe urukiko rwafashe icyemezo cyo gusubika uru rubanza, izina rya Fannie Masemola ryakomeje kugaruka cyane mu binyamakuru byo muri Afurika y’Epfo kuva yatangira gukurikiranwa mu kwezi gushize bigateza impaka zerekeye ejo hazaza he nk’umuyobozi wa polisi ya Afurika y’Epfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *