Putin ngo abaturage bamusabye kwiyamamaza nawe arabyemera

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu Burusiya ngo bashaka ko Putin yongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe umwaka utaha.

Byavuzwe na perezida Vladimir Putin w’u aho yemeje ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ataha, ni amatora azaba tariki 15 kugeza 17 z’ukwezi 3 mu mwaka utaha.

Ibi ni ibyatangajwe n’ibinyamakuru byo mu Burusiya bivuga ko Putin yagaragaje ko nta yandi mahitamo afite, uretse kongera kwiyamamaza kuko yabisabwe n’abaturage.

Yayoboye u Burusiya kuva 2012 ariko na mbere yigeze kuyobora iki gihugu kuva 1999 kugeza 2008, kuva 2008 kugeza 2012 yari minisitiri w’Intebe.

Mu mwaka wa 2020 nibwo habaye amavugurura y’itegeko nshinga, akaba yemerewe kuba yakwiyamamaza gukomeza kuyobora u Burusiya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *