Ikipe ya Pyramids FC yo mu Misiri igiye kugaruka i Kigali, aho igomba gukinira umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya Champions League.
Ni umukino iyi kipe igomba kwakirwamo na Ethiopia Insurance yo muri Ethiopia ku wa 26 Ukwakira, mbere y’uwo kwishyura uzabera i Cairo mu Misiri ku itariki ya 1 Ugushyingo.
Mu busanzwe uyu mukino wakabereye i Addis-Abeba muri Ethiopia, gusa biba ngombwa ko ujyanwa i Kigali kuko kiriya gihugu cyo mu ihembe rya Afurika kidafite Stade yujuje ibisabwa biyemerera kwakira imikino nyafurika.
Pyramids FC yaherukaga mu Rwanda ku itariki ya 1 Ukwakira, ubwo yatsindiraga APR FC kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-0, mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league.
Iyi kipe ifite igikombe cya Champions League cy’umwaka ushize yongeye gutsinda APR FC ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabereye i Cairo, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-0.


