Raila Odinga ashinja ubutegetsi bwa Perezida Ruto kunyereza umutungo w’igihugu

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro ry’amashyaka muri Kenya Azimio la Umoja, ryasabye ubutegetsi bwa Perezida William Ruto gusobanura irengero rya miliyari 863 z’amashiringi yavuye mu misororo mu mezi atanu ashize.

Martha Karua umuyobozi w’ishyaka Narc Kenya, rikaba rimwe muyagize Azimio la Umoja, yashinje ubuyobozi bwa Perezida Ruto kutubahiriza amasezerano bagiranye mu gihe cyo kwiyamamaza.

Karua n’ishyaka rya Raila Odinga, Orange Democratic Movement (ODM) bavuze ko ibyo Leta irimo bidasobanutse kubera ko bari kongera imisoro buri munsi.

Raila Odinga yagize ati “Iyi guverinoma yakusanyije miliyari 173 z’amashiringi buri kwezi mu mezi atanu ashize. Perezida William Ruto akwiye kubwira Abanyakenya uko ayo mafaranga yakoreshejwe.”

Mu gihe cyo kwiyamamaza, Perezida Ruto yari yasezeranyije Abanyakenya kugabanya ibiciro by’ibiribwa n’ibindi bicuruzwa by’ibanze, ariko nk’uko Karua abivuga, ibyo ntibyakizwe.

Mu kwezi gushize ni bwo umunyamabanga mukuru w’imari, Chris Kiptoo, yavuze ko umusoro wakusanyijwe hagati ya Nyakanga n’Ugushyingo 2022 ari miliyari 789.5 z’amashilingi.

Magingo aya, ntacyo guverinoma ya William Ruto iravuga ku byo ihuriro ry’amashyaka riri kuvuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *