Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’ washinze ndetse akaba ari na Perezida wa Gasogi United, yongeye kwishongora kuri Rayon Sports ayibwira ko n’iyo bakongera guhurira mu yindi mikino itanu itamutsinda.
KNC yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Mutarama, ubwo yari mu kiganiro Rirarashe gitambuka kuri Radio & TV1.
Ni ikiganiro yakoze nyuma y’iminsi ibiri Gasogi United itsinze Rayon Sports ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Ibitego byombi byatsinzwe na rutahizamu Kabanda Serge ni byo byafashije Gasogi United gushengura imitima y’aba-Rayon, inateza umwiryane muri iyi kipe ikundwa na benshi kurusha izindi mu Rwanda.
Gutsindwa na Gasogi byatumye Rayon Sports ifata icyemezo cyo gutandukana n’umunya-Maurtanie Mohamed Wade wari umutoza wayo mukuru, imusimbuza umunya-Afurika y’Epfo Lebitsa Ayobanga usanzwe ari umutoza wongera imbaraga abakinnyi.
KNC mu kiganiro Rirarashe cyo kuri uyu wa Mbere yavuze ko kuba Rayon Sports yahindura umutoza ntacyo bishobora guhindura; kuko isanzwe yifitiye izindi ntege nke.
Ati: “Ikibazo gihari bashobora guhindura umutoza, bazaba bahinduye icupa ariko bière (inzoga) izahora ari ya yindi.”
KNC yakomeje avuga ko Rayon Sports yabonye n’iyo yahurira na Gasogi United mu yindi mikino itanu idashobora kuyitsinda.
Ati: “Iyi Rayon Sports n’ubwo baduhuza imikino itanu yikurikiranya, najya nyitsinda kuri buri mukino nongeraho igitego kimwe.”
Perezida wa Gasogi United yavuze ko ibibazo Rayon Sports ifite biri mu bakinnyi bayo; mbere yo kwigamba ko n’undi mutoza wese uzaza gutoza Murera Gasogi yiteguye kumwirukanisha.
Umunsi wa 16 wa shampiyona wasize Rayon Sports ku mwanya wa kane n’amanota 27 (irarushwa na APR FC ya mbere igifite umukino w’ikirarane amanota atandatu), Gasogi United uyisiga ku mwanya wa karindwi n’amanota 21.


