Ikipe ya Rayon Sports WFC yabaye ikipe ya gatatu yahembwe amafaranga menshi n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/2026.
Ku wa Gatanu tariki ya 5 Kamena ni bwo FERWAFA yatangaje amafaranga yahembye amakipe yitwaye neza kurusha andi, kuva mu cyiciro cya mbere kugeza mu cya gatatu mu bagabo, ndetse no mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri mu bari n’abategarugori.
Imibare ya FERWAFA yerekana ko Rayon Sports WFC yahembwe abarirwa muri Frw miliyoni 54, arimo Frw miliyoni 20 yahawe nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona, Frw miliyoni 8 z’Igikombe cy’Amahoro, Frw miliyoni 20 yahawe nyuma yo gutwara Super Coupe na Frw 6 z’Igikombe cy’Intwari.
Iyi kipe iza inyuma ya Rayon Sports y’abagabo yo muri rusange yinjije Frw miliyoni 75 (Frw miliyoni 60 yahawe nyuma yo kuba iya kabiri muri shampiyona, Frw miliyoni 5 zo mu Gikombe cy’Amahoro na Frw miliyoni 10 zo kuri Super Coupe) na APR FC yahembwe Frw miliyoni 115 (Frw miliyoni 80 ya shampiyona, Frw miliyoni 20 za Super Cup, Frw miliyoni 12 z’igikombe cy’amahoro na Frw miliyoni 3 z’umwanya wa kabiri mu gikombe cy’intwari).
Mu yandi makipe yahembwe harimo Kiyovu Sports yahawe Frw miliyoni nk’ikipe yabaye iya gatatu muri shampiyona, Police FC yabaye iya kane muri shampiyona yahawe Frw miliyoni 30 kongeraho miliyoni 6 z’Igikombe cy’Intwari na Sunrise yatwaye shampiyona y’icyiciro cya kabiri yahawe Frw miliyoni 25.
Iyi kipe y’i Nyagatare yanganyije amafaranga na Mukura VS yabaye yabaye iya 5 mu cyiciro cya mbere, mu gihe Marines FC yabaye iya gatandatu muri shampiyona yahawe Frw miliyoni 20 inganya na Unity FC yabaye iya kabiri mu cyiciro cya kabiri na Police FC WFC yabaye iya kabiri muri shampiyona y’abagore no mu Gikombe cy’Amahoro.
Bugesera FC yabaye iya karindwi muri BK Pro League yo yahawe Frw miliyoni inganya na Etoile de l’Est ya gatatu mu cyiciro cya kabiri, Intare FC yabaye iya kane mu cyiciro cya kabiri ihabwa Frw miliyoni 13 inganya n’Indahangarwa babaye aba 3 mu cyiciro cya mbere mu bagore bakanaba aba kabiri mu Irushanwa ry’Ubutwari.
Sina Gerard FC yabaye iya gatanu mu cyiciro cya 2 yahembwe Frw miliyoni 11, Gakenke Ladies FC yegukanye igikombe cy’icyiciro cya kabiri mu bagore na Musanze FC ya 8 mu cyiciro cya mbere mu bagabo buri umwe ahabwa Frw miliyoni 10.


