Ikipe ya Rayon Sports yaraye yisubije umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda Sunrise y’i Nyagatare igitego 1-0.
Iyi kipe y’umutoza Haringingo Francis Christian yari yakiriye Sunrise ya Seninga Innocent, mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wakiniwe ku matara ya Stade ya Kigali.
Rayon Sports itaratakaza inota na rimwe kuva shampiyona mbere y’uyu mukino yari ibizi ko igomba kuwutsinda, kugira ngo yisubize umwanya wa mbere wari umaze iminsi mu minwe ya mukeba wayo, Kiyovu Sports.
Haringingo kutagira abarimo Essomba Willy Onana na Mbirizi Eric bamaze igihe baravunitse nta kinini byigeze bihungabanya ku kipe ye, kuko abarimo Paul Were, Iraguha Hadji na Musa Esenu bari bayoboye ubusatirizi bwa Rayon Sports bahaye akazi gakomeye ubwugarizi bwa Sunrise.
Aba basore uko ari batatu bagiye babona uburyo bwinshi bw’ibitego imbere y’izamu rya Sunrise, gusa Mfashingabo Didier wari uririnze akagenda arokora kenshi ikipe ye.
Akagozi ka Sunrise yari yakunze kwihagararaho kacitse ku munota wa 63 w’umukino, ubwo Ndekwe FĂ©lix yarekuraga umuzinga w’ishoti ryahise riruhukira mu nshundura.
Hari ku mupira yari ahawe na Paul Were, ariko akazi gakomeye kari kabanje gukorwa na Hadji utahaye agahenge Seninga n’abasore be.
Rayon Sports imaze gutsinda imikino itandatu yose ya shampiyona iyoboye by’agateganyo urutonde rwayo n’amanota 18, ikaba irusha abiri Kiyovu Sports iyikurikiye.
Aya makipe yombi agomba kwisobanura neza ku wa Gatanu tariki ya 11 Ugushyingo, ubwo Kiyovu Sports izaba yakiriye Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona ugomba kubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.



2 Responses
Rayon Sports yatsinze Sunrise, yisubiza ikuzo imbere ya Kiyovu Sports
uwo mutimirwa turamwishi miye nakomereze aho
Rayon Sports yatsinze Sunrise, yisubiza ikuzo imbere ya Kiyovu Sports
uwo mutimirwa turamwishi miye nakomereze aho