RDC: Abantu 14 biciwe mu mirwano hagati ya FARDC n’inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Abantu 14 barishwe abandi benshi barakomereka mu mirwano yabereye kuri uyu wa Gatanu ushize mu duce tubiri tw’umurenge wa Walendu Tatsi muri Teritwari ya Djugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Utwo duce akaba ari aka Penyi na Jeli two mu Murenge wa Walendu Tatsi wo muri Teritwari ya Djugu twibasiwe n’ibitero by’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye.
Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa gisirikare muri Ituri, Lt Jules Ngongo, ngo ni inyeshyamba zateye ibirindiro by’ingabo za leta, FARDC, mbere y’uko nazo zisubiza.
Amakuru akomeza ava mu gisirikare akaba akomeza avuga ko izo nyeshyamba zitamenyekanye ngo zabanje gutera ibirindiro bya FARDC I Penyi kuwa Gatanu mu gitondo haduka imirwano yamaze amasaha menshi.
Umuvugizi w’ingabo muri Ituri watanze imibare y’abaguye muri iyo mirwano kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko hapfuye abantu 14; inyeshyamba 13 n’umusirikare wa leta umwe nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.
Uyu yakomeje yemeza ko hanakomeretse abandi bairikare ba leta babiri ariko yongeraho ko hakomeje ibikorwa byo gushakisha niba nta yindi mirambo yaboneka.
Uhagarariye iki gice mu nteko ishinga amategeko, ariko anavuga ko umuyobozi w’uyu murenge wa walendu Tatsi anavuga ko hari n’abasivili batandatu baguye muri iyo mirwano ndetse hagatwikwa n’amazu.
 
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *