RDC: Abantu 16 biciwe mu mirwano hagati y’imitwe y’inyeshyamba itandukanye

Sangiza iyi nkuru

Abantu 16 baguye mu mirwano yadutse kuri uyu wa kabiri ushize, itariki 29 Mutarama hagati y’imitwe y’inyeshyamba itandukanye ahitwa Bashali-Mokoto, muri Teritwari ya Masisi nk’uko amakuru ava mu nzego z’umutekano za Congo avuga.

Usibye abapfuye, abandi benshi bakomerekeye muri iyi mirwano yatumye abaturage benshi bata ibyabo bagahunga.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko imirwano ya mbere yahereye ahitwa Lwama, muri groupement ya Bashali-Mokoto, hagati y’abarwanyi ba NDC/ Rénové iyoborwa na Guidon ndetse n’umutwe wa Nyatura.

Nk’uko bitangazwa na sosiyete sivile n’abashinzwe umutekano muri iki gice, iyo mirwano ngo yaguyemo abantu 10 barimo bane bo mu mutwe wa Nyatura, batatu ba NDC/ Rénové  n’abasivili batatu, mu gihe abandi bantu barindwi bakomeretse barimo umugore utwite.

Kuwa kabiri, abarwanyi ba Nyatura bayobowe n’uwitwa Boboza d’Apolo barwanye n’abarwanyi b’umutwe wa APCLS wa Janvier Kalahiri muri groupement ya Bashali-Kahembe. Iyi mirwano yo ikaba yaraguyemo abantu batandatu barimo bane bo ku ruhande rwa Nyatura ndetse na babiri bo muri APCLS. Abandi bagera ku icumi barakomeretse nk’uko amakuru akomeza avuga.

Ibi bikorwa bikomeje kubangamira umutekano w’abaturage ba Congo ndetse binabatwara ubuzima ni bimwe mu bibazo bikomeye Perezida mushya wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, agomba guhangana nabyo kugeza yijeje abaturage be umutekano usesuye nubwo kubigeraho bishobora kuzamugora nk’uko uwo yasimbuye byamugendekeye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *