Abantu batandatu bafitanye isano n’umuryango wa Perezida baburiwe irengero nyuma y’impanuka yabereye ahacukurwa amabuye y’agaciro i Kakanda.
Aba bantu bavugwaho kugirana isano n’umuryango wa Perezida, baburiwe irengero nyuma y’impanuka yabaye ku wa Gatatu ahazwi nka Kabamba Nkola muri Kakanda, mu Ntara ya Lualaba.
Nk’uko bigaragara mu mashusho yakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, imodoka nto (minibus) yari itwaye abantu icyenda, barimo abagize komite ihagarariye Umukuru w’Igihugu n’itsinda ry’abayobozi gakondo, yaburiye muri ako gace k’ubucukuzi k’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kari karatawe n’ikigo Boss Mining.
Aya makuru yashyizwe ahagaragara n’umunyamakuru wigenga, Steve Wembi, avuga ko iryo tsinda ryari ryagiye muri ako gace mu muhango wo gutangiza ibikorwa byemerera abacukuzi bacukura mu buryo bwa gakondo gukorera muri ako gace.
Mu bantu icyenda bari muri iyo modoka, batatu bararokotse kandi ubu barimo kuvurirwa ku bitaro bya Boss Mining. Abandi bantu batandatu, hamwe n’iyo modoka, ntibaraboneka.


