Abantu barenga ijana baguye mu mvururu z’amoko mu Ntara ya Mai-Ndombe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Imwe mu mpirimbanyi y’Uburenganzira bwa muntu, Jules Bango utuye mu gace ka Yumbi yatangarije Reuters ko iyi mirwano yadutse hagati y’ubwoko bwitwa Batende n’Abanunu bapfa ahantu hari gushyingurwa umutware w’Abanunu yari bushyingurwe.
Ati “ Tumaze kubona imirambo 120 n’abandi 71 b’inkomere bari mu bitaro. Abantu benshi bamaze guhungira muri Congo bambutse uruzi rwa Congo.”
Indi mpirimbanyi z’Uburenganzira bwa muntu itashatse ko amazina yayo amenyekana yavuze ko bishoboka ko abaguye muri ubu bushyamirane bashobora kwiyongera bakagera 150.
Uyu yemeje ko aya moko yombi ari kurebana ay’ingwe muri iyi minsi bitewe n’uko Batende bashyigikiye umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi mu gihe Abanunu bashyigikiye ihuriro ry’ababurwanya.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Kugeza ubu, Guverineri w’Intara ya Mai Ndombe ntacyo aratangaza kuri iki kibazo.


