Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe itangaza ko inyeshyamba za RED-Tabbara zirwanira muri Kivu y’Amajyepfo, zikomoka mu Burundi, amakuru akaba avuga ko ubu zirimo n’Abanyarwanda.
Abaturage bo mu gace ka Kigoma, muri Kivu y’Amajyepfo bavuga ko babonye muri aka gace inyeshyamba nyinshi za RED-Tabbara, bakaba bavuga ko bafite ubwoba bwinshi, bakeka ko zishobora kubagirira nabi.
Nk’uko bitangazwa na SOS Medias/ Burundi, bavuga ko izi nyeshyamba ziri mu ishyamba rya Kifuzampengere na Mwifinda, muri gurupoma ya Kigoma, Intara ya Kivu y’Amajyepfo.
Umubare w’izi nyeshyamba ngo ugenda wiyongera uko bwije n’uko bukeye. Amakuru ava mu gisirikare cya Congo FARDC akavuga ko zigizwe n’abaturuka mu Rwanda abandi mu Burundi.
FARDC itangaza ko hari inyeshyamba zisaga 30 yatsimbuye mu birindiro mu ishyamba rya Mwifinda, zihunga zigana i Mulenge, Teritwari ya Uvira.
Igisirikare cya FARDC kigatangaza ko gikomeje ibikorwa byo kugaba ibitero kuri izi nyeshyamba za RED-Tabbara ari nako kinakomeza guhosha intambara y’Abanyamulenge n’ubundi bwoko bw’Abafulero n’Ababembe.


