RDC: Abapolisi 11 bivuganwe n’inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko abapolisi 11 biciwe mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba z’uwari umuyobozi witwa Kamwina Nsapu, yabereye ahitwa Tshimbulu muri Kananga ho mu Ntara ya Kasai yo Hagati, bashyinguwe kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Kanama. Iyi mirwano muri rusange ikaba yaraguyemo abantu 20.

Visi Minisitiri w’Intebe akaba na minisitiri w’umutekano, Evariste Boshab akaba yunamiye abapolisi bishwe mu muhango wabereye kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade de l’Espoir ya Kananga.

MDG : DRC Police trained on programme funded by Dfid (SSAPR)

Mu masanduku 20 y’abaguye muri iyi mirwano yazanywe kuri stade, 11 y’abapolisi bishwe niyo yahawe icyubahiro n’abayobozi nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.

Andi masanduku 8 byavugwaga ko arimo inyeshyamba zishwe yo yagumishijwe mu modoka, mu igihe indi ya chef Kamwina Nsapu yamanuwe igashyirwa mu marembo y’inyubako nini ya stade.

Nyuma yo kunamira aya masanduku, Evariste Boshab yavuze muri macye ubutwari bwabo, asobanura ko baguye ku rugamba bitangira intara ya Kasai yo Hagati.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nyuma yo kubasezeraho imirambo yabo yasubijwe mu modoka yari yabazanye yerekezwa ku irimbi bashyinguwemo.

Mwibuke ko kuri uyu wa Gatandatu nabwo twabagejejeho inkuru y’abapolisi bakoreraga ahitwa Bwito muri Kivu y’Amajyaruguru bataye akazi ku bwinshi bavuga ko bahunga kugirirwa nabi n’inyeshyamba ngo kuko ari bacye kandi badafite ibikoresho bihagije byo guhangana n’izo nyeshyamba.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *