RDC : Abarwanyi ba Mai Mai bigaruriye agace k'ingabo za FARDC.

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi b’umutwe wa Maà¯-Ma௠Raà¯a Mutomboki bo mu itsinda rya Mirage, kuva ku itariki ya 1 Mata 2016 bigaruriye uduce twahoze ari utwa FARDC duherereye i Bakonjo muri Territwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru.
Abategetsi gakondo muri aka gace bavuga ko aba barwanyi bifatiye aka gace nyuma y’aho ingabo za FARDC zahungaga aka gace zikajya muri Kivu y’epfo mu bindi bikorwa bya gisirikare.

FARDC
Ingabo za FARDC

Ingabo za FARDC zari zisanzwe zifite uduce twa Ihana na Luberike muri segiteri wa Wanyanga muri Gurupoma ya Bakondjo muri Secteur ya Bakano, bavuye muri utu duce mu cyumweru gishize duhita twigarurirwa n’aba barwanyi.
Abategetsi ba gisirikare muri Kivu ya Ruguru bavuga ko ingabo zari muri utu duce zagiye zagiye mu bindi bikorwa bya gisirikare mu ntara ituranye n’iyi.
Nyuma y’aho aba barwanyi baziye muri utu duce abategetsi ba Bakano bavuze ko abaturage benshi nabo bahise bahunga utu duce bahungiro ku biro by’intara.
Hagati aho abategetsi b’intara ya Walikare bahumurije abaturage bababwira ko mu gihe gito ingabo ziratangira kuza gushinga ibirindiro muri aka gace.
Abaturage bavuganye na Radio Okapi bavuze ko ku itariki ya 7 Mata abarwanyi ba Raia Mutomboki bigabije amazu y’abaturage aherereye i Otobora mu birometero 20 uvuye Hombo barayasahura.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *