RDC: Abasirikare 8 ba FARDC barimo umukoloneli barashinjwa kwica Umushinwa

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 25 Gicurasi 2022, umukoloneri mu ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abandi basirikare 7 batawe muri yombi na bagenzi babo, bashyikirijwe Guverineri wa Ituri.

Barashinjwa kuba barishe Umushinwa n’umurinzi we w’Umunyekongo ku ya 18 Werurwe i Labo, hafi y’akarere ka Nderembi gaherereye mu nkengero z’iburengerazuba bw’umujyi wa Bunia, muri Teritwari ya Irumu.

Nyuma yo gukora icyaha nk’uko tubikesha 7sur7.cd, aba basirikare batwaye zahabu uyu munyamahanga yari afite ndetse n’amafaranga, nk’uko byatangajwe na Lieutenant Jules Ngongo, umuvugizi wa FARDC muri iki gice.

Amakuru aturuka aha, avuga ko undi mukoloneli na liyetona bavuzwe muri iyi dosiye bacitse.

Usibye aba basirikare bagize uruhare mu iyicwa ry’uyu muturage w’Umushinwa, amabandi 20 yitwaje amabandi yitwaje intwaro harimo abasirikare babiri bakorera mu mujyi wa Bunia no mu nkengero zayo, inyeshyamba 6 za ADF n’inyeshyamba 2 za CODECO, abasirikare 2 ba FARDC n’abantu babiri bavuye mu byabo bakekwaho kuba baragize uruhare mu iyicwa ry’umusirikare mu nkengero z’umujyi wa Bunia mu minsi yashize, nabo bashyikirijwe ubuyobozi bw’intara.

Ubwo yashimiraga abo basirikare n’abapolisi ku kazi keza bakoze, guverineri wa gisirikare wa Ituri, Lt. Gen. Luboya N’kashama Johnny, yongeye gushimangira icyemezo cye cyo gukomeza gukurikirana imitwe yitwaje intwaro n’impehe zo mu gisirikare cya leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *