Umugore w’umunyekongoko yasambanyijwe ku ngufu n’abasirikare babiri ba Angola, aho bivugwa ko ibi byabereye kuwa Gatandatu ushize ku mupaka wa kamako mu birometero nka 150 mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Tshikapa.
Amakuru aturuka ahabereye ibi bintu avuga ko uyu munyekongokazi w’imyaka byibuze 30 wari mu isoko rya Kamako, yagiye mu gihuru kiri hafi aho kwihagarika, abo basirikare ba Angola babiri bakamukurikira bakamufata ku ngufu basimburanwa.
Nyuma yo kumva amakuru babibwiwe n’abandi bacuruzi, abapolisi ba Congo bahise bajya aho hantu bagwa gitumo abo basirikare ba Angola babiri bari gufata ku ngufu. Umwe muri abo basirikare ba Angola yabashije gucika, ariko undi atabwa muri yombi nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga.
Uyu mugore wafashwe ku ngufu akaba yarahise akurikiranwa n’abaganga nk’uko bamwe mu bakorera ku mupaka wa Congo na Angola babyemeza.
Uku gufata ku ngufu ngo kukaba kugaragaza impamvu ari ngombwa kubaka ubwiherero rusange mu rwego rwo guha umutekano abakorera ubucuruzi kuri iki gice cyo ku mupaka bateranira muri iri soko rya Kamako. Iri soko rikaba rirema kabiri mu cyumweru ku nyungu z’abacuruzi bava Kasai n’abo ku ruhande rw’intara ya Lunda Norte muri Angola.


